Imodoka yo mu bwoko bwa Daihatsu yakoze impanuka ku mugoroba wo kur’icyi Cyumweru tariki 13 Werurwe 2022 maze yica abantu ako kanya.
Ibi byabereye mu Mudugudu wa Yorodani mu Kagari ka Cyabararika mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze aho iyi modoka yari itwawe n’uwitwa Ntamwemezi Jean Baptiste w’imyaka 48.
Ababibonye bavuga ko ubwo iyi modoka yari igeze muri karitsiye iri mu mujyi wa Musanze, ahitwa mu Cyanika, umushoferi yananiwe gukata ikorosi agata umuhanda wa kaburimbo agahita yinjira mu rugo ruri hafi aho akagonga abana babiri b’abahungu bari mu mbuga bagahita bapfa.
Umuhuzabikorwa w’ibikorwa bya Polisi n’Abaturage mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Alex Ndayisenga, yemeje aya makuru agira ati: “Ni abana babiri b’abahungu bari mu kigero cy’imyaka 16 bari kumwe bari mu mbuga y’urwo rugo, ari na ho iyo modoka yabasanze ikabagonga bagahita bapfa.
Umunyamakuru wa Energy Radio dukesha iyi nkuru avuga ko bikimara kuba Polisi yahise ihagera, igasuzuma aho ngo byaje kugaragara ko umushoferi yari yasomye ku bisindisha.
Iyi mpanuka ngo yanakomerekeyemo abandi bantu babiri, bahise bajyanwa mu bitaro kugira ngo bitabweho n’abaganga.
Abahitanywe n’iyi mpanuka bajyanwe mu bitaro bikuru bya Ruhengeri, kugira ngo hakorwe isuzumwa, mu gihe umushoferi we yashyikirijwe Polisi sitasiyo ya Muhoza kugira ngo iperereza rikomeze.