Friday, March 24, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

Ngororero: Abahoze basengera mu ihema batashye urusengero rushimishije

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2021/12/28
in NTIBISANZWE, IYOBOKAMANA
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

 

Abakirisitu bo mu itorero rya Peace Evangelical Church in Rwanda bo mu Karere ka Ngororero barishimira kuba batashye urusengero rwabo rushya rufite agaciro ka 16 865 000frw biyubakiye nyuma y’igihe kinini bari bamaze basengera mu mahema

IZINDI NKURU WASOMA

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

Kur’icyi cyumweru tariki ya 26/12/2021 abantu bari bakubise buzuye mu Karere ka Ngororero mu murenge wa Ngororero aho bari baje mu gikorwa cyo gufungura ku mugaragaro urusengero rw’ivugabutumwa ry’amahoro mu Rwanda (Peace Evangelical Church in Rwanda).

UWIMANA Clarisse Umwe mur’aba baturage ari nawe watanze ikibanza cyo kubakamo uru rusengero avuga ko afite umunezero mwinshi nyuma y’uko mu butaka bwe hamaze kubakwamo inzu y’Imana.

Agira ati:” Nari umunyabyaha, nirirwa mu byaha ndi umusambanyi ndi umusinzi, nza kubasanga mu gashyamba barimo gusenga, nuko baransengera ndetse baza kuntoranya kujya mu giterane i Kigali ngezeyo nibwo bansengeye ndakizwa, aba bakirisitu baraza baranyubakira kuko mbere nabaga mu kazu kameze nabi, nahise niyegurira Yesu mbonye urukundo bangaragarije n’ukuntu Imana insohoreje amasezerano, nange mpita mbaha ikibanza ku bushake”.

Asoza agira ati:”Nabanje kugirana amakimbirane n’abo mu muryango wange batabyumva ndetse bambwira ko nagombaga kuhabagurisha ariko babonye inyungu iri torero ryangejejeho ubu byarabayobeye baratuje”.

KAMANZI Theoneste umwe mu bakirirsitu batangije iri torero avuga ko ibyo bakoze babitewe no gukunda gusenga, Agira ati:” Twatangiriye ku tuntu duto biturutse ku bushake ubufatanye no gusenga, bibaye ngombwa ko turitaha, ndumva nezerewe cyane kuko twabitangiye tubona bitazashoboka none intego yacu igezweho, ubutumwa natanga nuko abantu bose baza tugafatanya gsenga no kubaha Imana tukazataha twejejwe”.

Past MUGENZI Jean uhagarariye itorero rya Peace Evangelical Church in Rwanda mu Karere ka Ngororero n’umufasha we

Past MUGENZI Jean uhagarariye itorero rya Peace Evangelical Church in Rwanda mu Karere ka Ngororero avuga ko uyu munsi ari uw’umunezero ukaba n’uw’insinzi kuri bo n’imbere y’Imana.

Agira ati:”Ibikorwa byo gusenga twabitangiye kuwa 5/7/2016 aho twatangiye dusengera mu mahema  tugatangira turi abantu 5 bonyine basengeraga mu gashyamba tugateramo amahema, uyu munsi rero twesheje umuhigo w’Imana kandi turishimye”.

Akomeza agira ati:” Dukora ibikorwa binyuranye birimo Isomero kubera ko inaha ari agace kari karimo abantu benshi batize, no gutanga amahugurwa arebana no kubaka ingo n’arebana n’urubyiruko rwacikishirije amashuri, kugeza uyu munsi twigishije imiryangi 10 yabanaga mu makimbirane, tukaba rero dushimiye Imana yadushoboje kuba twatashye uru rusengero rufite agaciro ka miliyoni 16 n’ibihumbi magana inani na mirongo itandatu na bitanu (16 865 000frw )

MUGISHA Daniel Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngororero

Ni urusengero rwafunguwe ku mugaragaro n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngororero Bwana MUGISHA Daniel wavuze ko ashimishijwe no kubona aba bakirisitu bariyujurije urusengero rwiza.

Akaba yanaboneyeho gusaba abantu kwitabira kwikingiza kugira ngo hato Covid 19 itazongera gutuma abantu bongera guhura n’ikibazo cyo kudasenga kubera ko insengero zafunzwe.

Yanagarutse ku bantu banga kwikingiza bitewe n’imyumvire aho yavuze ko ibyo bigomba guhagarara abantu bose bakikingiza.

Ni igikorwa cyaranzwe n’ubwitabire bunyuranye aho abagaragaje gukora cyane bahawe ishimye ry’imyambaro n’inkweto bakaba babihawe n’itsinda ry’ivugabutumwa ryaturutse mu mujyi wa Kigali rizwi nka Groupe iriba ry’ABAMBAJE aho uru rusengero  ruzajya rwakira abantu babarirwa mu 1000 kuzamura.

 

UWIMANA Clarisse Uwatanze ikibanza cyo kubakamo urusengero
KAMANZI Theoneste umwe mu bakirirsitu batangije iri torero

 

Urusengero rwatashywe ku mugaragaro

 

Groupe iriba ry’ABAMBAJE yatanze imyenda
Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k
HOME

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

Kigali : Le CICR s’engage à respecter ses principes fondamentaux

March 10, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In