Friday, March 24, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Ngororero: Pasiteri Nzanana akiva muri Gereza yashimiye Imana n’Itangazamakuru

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/12/02
in HOME, AMAKURU
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Pasiteri Nzanana akaba n’umuyobozi w’itorero rya UDEPR mu Karere ka Ngororero nyuma yo gufungirwa mu bigo by’inzererezi, Itangazamakuru rikamukorera ubuvugizi ubu akaba yarafunguwe arashimira Imana n’Itangazamakuru ryamukoreye ubuvugizi.

Mu nkuru yacu iheruka, twabatangarije ko mu Karere ka Ngororero, hari Umugabo witwa Nzanana Fidele uyu akaba ari umuvugizi w’Itorero rya UDEPR IMPINDUKA akaba anayobora PSF muri Cyome ho mu murenge wa Gatumba ndetse akaba n’umwe mu bakorerabushake ba Croix rouge bo muri Gatumba akaba yaramaze hafi ukwezi kose afungiye mu kigo cy’inzererezi giherereye ahitwa ku Kabaya nk’uko byatangajwe n’umugore we Dusabeyezu Christine ndetse n’abaturage baturanye n’uyu mugabo bamutabarizaga babinyujije mu Itangazamakuru, kuri ubu akaba yarafunguwe nyuma yo gukurwa mu nzererezi akajyanwa gufungirwa muri Gereza ya Rubavu.

IZINDI NKURU WASOMA

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

Akimara gufungurwa avuye muri Gereza Rev.Past Nzanana Fidel ku itariki ya 14.11.2022 yirukankiye mu rusengero ajya gushimira Imana no kuramutsa abayoboke b’Itorero UDEPR IMPINDUKA ashumbye kugeza ubu.

Pasiteri NZANANA Fidele yapfukamye ashimira IMANA

Mu byishimo byinshi abayoboke b’iri torero batangarije umunyamakuru wacu ko bafite umunezero mwinshi wo kongera kubona umushumba wabo aho bagize bati:”Imana ishimwe cyane kubw’Umushumba wacu ufunguwe tukongera kumubona kuko kutamubona hafi yacu byaduteye kwigunga, hari ibikorwa byari byaradindiye byo gufasha abatishoboye no kugaburira abana bafite imirire itari myiza akora buri wa gatandatu”.

Nzanana Fidel aganira n’umunyamakuru wacu yavuze ku byamubayeho bikamutera kwirukira mu rusengero aho yagize ati:”Narafashwe njyanwa mu nzererezi ku kabaya marayo ukwezi kurenga, naje kuhavanwa njyanwa muri RIB mpamara ukwezi nahakuwe njyanwa muri Gereza ya Rubavu nayo incumbikira amezi asaga 4 ubu narafunguwe”.

Agira ati:”Naziraga amabuye y’agaciro nasoreye anafite ibyangombwa yitwa ambirgonitte avamo Litium, uko gufungwa nkaba nafunguwe rero nibyo byanteye kwihutira mu rusengero gushima Imana no kuramutsa abakirisitu”

Abajijwe icyari kibyihishe inyuma,yavuze ko ari Kampani yitwa NMC imurwanya aho agira ati:”Kampani yitwa NMC icukura amabuye y’agaciro yabwiye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ko ndi umuforoderi acukura amabuye y’agaciro nkaba nkeka ko babiterwa nuko nanze kubakorera”.

Nzanana Fidel yakomeje ashimira ubuvugizi yakorewe n’abanyamakuru agira ati:”Ndashimira byimazeyo itangazamakuru kuko abanyamakuru bankoreye ubuvugizi bamenyekanisha ikibazo cyanjye naho mfungiye mu nzererezi bituma inzego zitandukanye ziza kundeba aho narimfungiye mu nzererezi ku kabaya kandi byatanze umusaruro mwiza”.

 

             Reba hano video y’inkuru twakoze mbere abaturage batabariza Past NZANANA Fidele

Nzanana Fidel mu cyizere afitiye ubutabera arifuza ko bwo n’izindi nzego bamuhesha amabuye ye y’agaciro yambuwe afite agaciro ka miliyoni magana abiri y’u Rwanda (200.000.0000fr).

Rev.Past Nzanana Fidel yasoje ashimira na none abamubaye hafi bose agira ati:”Ndashimira Ubuyobozi bwite bwa Leta kuko bwita ku baturage, ndashimira byimazeyo Itorero UDEPR Impinduka mbereye umushumba by’umwihariko ndashimira Pastor Jean Pierre Kabandana, Past Kanani Jean Baptiste, Past Uwumuhoza Aimable , na Pastor Kubwimana Gilbert, ntibagiwe n’umufasha wanjye n’abana batahwemye kumba hafi.

Yanditswe na Clement Bagemahe

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k
HOME

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

Kigali : Le CICR s’engage à respecter ses principes fondamentaux

March 10, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In