Chinaza Smart na Amarachi Ahukana bahamwe n’icyaha cyo kugurisha umwana w’umuhungu w’imyaka ibiri bakaba bahanishijwe gufungwa imyaka 12
Mu rubanza rwabereye muri leta ya Rivers mu gihugu cya Nigeria harangijwe urubanza rw’abantu babiri bari mu rubanza rwo kugurisha umwana amafaranga ibihumbi 400 by’amanaila amafaranga akoreshwa muri Nigeria, urubanza rukaba rwarangiye bakatiwe imyaka 12 y’igifungo.
Chinaza Smart na Amarachi Ahukana bakaba bahamwe n’icyaha cyo kugurisha umwana w’umuhungu w’imyaka ibiri .
Chinaza w’imyaka 21 ndetse na Ahukana w’imyaka 28 bakaba baragurishije umwana witwa Daniel k’umugore w’iyise Precious bikarangira afashwe.
Umucamanza mukuru yahamije iki cyaha bano bantu babiri kubera kubangamira uburenganzira bw’umwana, Aho bagurishije uyu mwana bashaka kubona itike yerekeza i Dubai muri leta zunze ubumwe z’Abarabu za Emirates.
Ukuriye ishami ry’abagore (FIDA) Madame Esther Echo yatangaje ko yishimiye uyu mwanzuro w’urukiko kubera ko bicyaha ndetse bigaca intege abakora ibikorwa bibangamira ubuzima bw’umwana ndetse n’ubwisanzure bwe.