Umukobwa uzwi nka Comfort Nsek yamenyanye n’umusore uzwi nka Dr. Ini-Obong Nkang mu mwaka wa 1019 batangira kuganirira ku rubuga rwa twitter none byarangiye bakoze ubukwe buryoheye ijisho bemeranya kubana akaramata.
Abantu yaba ababashije gutaha ubu bukwe ndetse n’abasangijwe iyi nkuru dore ko uyu mukobwa yashyize hanze agace k’ikiganiro bagiranye bagitangira kuganira, bishimiye inzira n’umusaruro w’urukundo rw’aba bombi.
Umusore uzwi nk’umunyamategeko ukomoka muri Nigeria yashakanye n’umugore w’umudogiteri aba bombi bakaba baramenyaniye ku rubuga rwa Twitter ibintu byatangaje abatari bake.
Uyu mugabo uba mu Bwongereza yasezeranye imbere y’amategeko ndetse yambika impeta y’urudashira umukunzi we.
Uyu mugore uzwi ku izina rya Comfort Nsek yashyizeho ikiganiro bagiranye guhera muri 2019 cyerekana umusore uzwi nka Dr. Ini-Obong Nkang amushimira .
Yamushimiye mu rurimi rwe kavukire, maze batangira kujya baganira ndetse buhoro buhoro urukundo rwabo rutangira ubwo.
Ikinyamakuru correctng.com gitangaza ko iyi couple yakomeje gukundana kugeza ubwo kuri uyu wa Gatandatu bakoze ubukwe buryoheye ijisho bwanashimishije benshi.
Aba bombi bakaba batangariwe na benshi nyuma y’uko bamaze kwiyemeza kubana akaramata nk’umugabo n’umugore, ibintu byashimishije abatari bake.