Inzego z’umutekano mu gihugu cya Nigeria zataye muri yombi abantu bacyekwaho kugaba igitero ku rusengero rumwe mu kwezi kwa gatandatu guheruka aho ibi bitero byahitanye abantu 40 abandi benshi bagakomereka.
Kuw 5 kamena mur’uyu mwaka wa 2022 nibwo igitero cyagabwe kuri kiliziya gatorika ya St francois mu mugi wa Owo mu majyepfo y’uburengerazuba bwa Nigeria maze abantu bagera kuri 40 bose barapfa abandi benshi kugeza na nubu bataramenyekana imibare yabo barakomereka.
Ibi bikimara kuba inzego z’ubuyobozi zikaba zari zashyize iki gitero ku mutwe w’iterabwoba w’abadjihadistes wa leta ya kisiramu witwa ISWAP.
General,Lucky Irabor umugaba w’ingabo yabwiye abanyamakuru ko bataye muri yombi abari inyuma y’icyo gikorwa cyo kwica inzirakarengane muri kiliziya.
Abatawe muri yombi bakaba barisanze baguye mu mukwabo wakozwe n’igisirikare, polisi ndetse n’izindi nzego z’umutekano.
Ibiro ntaramakuru by’abongereza reuters.com bitangaza ko kugeza ubu abantu 5 bakurikiranweho ibi bikorwa bamaze gutabwa muri yombi ndetse Guverineri wa leta ya ondo, Rotimi Akeredolu akaba avuga ko harimo umwe mubacumbikiye aba bicanyi aho biriwe mbere gato yo gukora igitero ndetse akavuga ko ibikorwa byo gufata abandi nabyo bigikomeje.
Perezida wa Nigeria Muhammadu Buhari akaba yanenzwe kutagira icyo akora ku mitwe yitwaje intwaro ndetse n’iy’ibyihebe ikomeje guhungabanya umutekano wa Nigeria.
