Umuherwe witwa Elon Musk yavuze ko azasubiza uwahoze ari perezida w’Amerika Donald Trump kuri Twitter nyuma y’amasezerano ye yo kugura twitter angana na miliyari 44 $ akavuga ko atishimiye icyemezo yafatiwe.
Elon Musk yaganiriye na Financial Times maze avuga ko twitter ikwiriye kwirinda gusiba inyandiko z’abantu no kubahagarika igihe kirekire.
Musk yagize ati: “Twitter ikwiye kwitonda mu bijyanye no gusiba inyandiko, kwirukana abantu igihe kirekire, ntabwo mbona ko byari byiza guhagarika Donald Trump, ntekereza ko atari byo.”
Aya magambo y’uyu muherwe Elon akaba yahise ashyigikirwa n’uwashinze Twitter ariwe Jack Dorsey.
Guhagarika konti za Donald Trump za twitter na Facebook byabaye ku itariki ya 7 y’ukwezi kwa mbere icyo gihe hakaba hari hashize umunsi habaye imidugararo ku nyubako ya Capitol ikorerwamo n’inteko ishinga amategeko ya Leta zunze ubumwe za America.
Uretse kuba izi mbuga zarahagaritswe kuri Donald Trump urubuga rwe rwa YouTube narwo rwarahagaritswe bamwe bakaba bavuga ko kumuhagarikira imbuga byari ngombwa ariko na none ntibimare igihe kirekire.

