Saturday, April 1, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

Ntibisanzwe! Muri Cameroon, Umubirizi ni imboga zubashywe

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/02/15
in NTIBISANZWE
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Umubirizi ni ibimera birura ku buryo uretse n’abantu n’amatungo amwe yo mu rugo adahangara kuwurisha, ahubwo wifashishwa mu buvuzi, bwa gakondo n’ubwa kizungu gusa muri Cameroon umubirizi ni imboga ziribwa n’abantu kandi zubashywe.

Emery Ndayizeye uvuka mu Burundi akaba yibera muri Cameroun avuga ko bafite ibintu byinshi barya bitangaje kandi bakabiryoherwa cyane.

Ati: ”Umubirizi hano barawurya, na escargot (igifwera/ikinyamunjonjorerwa) narabibonye bwa mbere ndiruka, ariko hano ni inyama.

“Ibyo kurya birahendutse, ufite nk’ibihumbi bitanu by’ama CFA (30,000Fbu) uhaha neza.

“Abantu benshi hano bakora ubucuruzi, aba-jeune nta kazi bafite, n’abize za Masters usanga bacuruza imyenda.”

Ndayizeye avuga ko muri Cameroun ibikenerwa ari byinshi kurusha ibyo bakora (production) kuko abantu baho bataramenya “guhanga ibishya”.

Ati “Hari imikorere, amafaranga araboneka kandi afite agaciro.”

Aline Habonimana ati: “Hano umuntu wese afite amahoro nta rusaku, iwacu bakunda urusaku bashaka kumenya icyo wariye, uko ubayeho, igituma uba muri iriya nzu…

“Hano uturana n’umuntu, mu gitondo akagusuhuza nimugoroba nabwo akagusezera, ntakeneye kumenya uko ubayeho, ntakeneye kumenya uko wifashe.”

Dore Uko bateka izi mboga “z’umubirizi”

Mama Aline ni umucuruzi w’umubirizi mu gihugu cya Cameroon, aganira na BBC dukesha iyi nkuru yagize  ati:”Umubirizi bawugura ku isoko ku bacuruzi baba bamaze kuwoza no kuwuvanamo uburure/ubusharire ku kigero runaka, ariko ngo iyo uwugejeje mu rugo urongera ukawoza ndetse ukawuvanamo ubusharire, bitewe n’urwego uwushakaho.

Avuga ko nk’abadashaka ubusharire bwinshi bawushyira mu mazi ashyushye arimo umunyu w’inka maze ukajya uvuguta ukamena amazi  aba asa n’ubururu cyane.

Ibyo ubikoze kabiri gatatu buba bugabanutse, ati “Ukunda uburure bwinshi woza nka kabiri, hano hari abawukunda ufite uburure bwinshi n’abawukunda ari bucyeya.”

Umubirizi bawutekana n’inyama, cyangwa n’isamake, hamwe n’ubunyobwa n’ibirungo bitandukanye nukuvuga inyanya, poivro, ibitunguru, tangawizi…

Agira Ati: ” Umubirizi hano ni ikiryo kidasanzwe, bafite amoko menshi y’abantu barya ibitandukanye ariko Ndole (Umubirizi) bose barayirya, ni imboga bose biyumvamo.

“Ni nk’uko iwacu isombe itabura, na hano habaye umunsi mukuru ndole ntibura, ni ngombwa.”Uyu mubirizi iyo uhiye n’ibyo bawutekanye bawurisha ubugari bw’ibigori, ubw’imyumbati cyangwa amateke, byose biboneka muri Cameroun.

Cameroun ni igihugu gituwe n’amoko menshi y’abantu bafite imico, indimi, n’indyo zitandukanye, ariko “ndole” (umubirizi) ni imboga abantu bose biyumvamo.

Facebook Comments Box

IZINDI NKURU WASOMA

Ibikubiye mu gitabo Le Chagrin De Ma Mere cya Antoine Hagenimana byanyuze abasomyi

Mu rubanza rwa Prince Kid hagaragayemo ibintu 2 bitagaragaye ubushize

Related Posts

HOME

Ibikubiye mu gitabo Le Chagrin De Ma Mere cya Antoine Hagenimana byanyuze abasomyi

March 31, 2023
1.4k
HOME

Mu rubanza rwa Prince Kid hagaragayemo ibintu 2 bitagaragaye ubushize

March 31, 2023
1.4k
HOME

Kigali: ku nshuro ya gatatu AIMS yahembye abarimu babaye indashyikirwa muri siyanse

March 28, 2023
1.4k
HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ibikubiye mu gitabo Le Chagrin De Ma Mere cya Antoine Hagenimana byanyuze abasomyi

March 31, 2023

Mu rubanza rwa Prince Kid hagaragayemo ibintu 2 bitagaragaye ubushize

March 31, 2023

GASHORA: ABANA 942 BATEGANYIJWE GUKINGIRWA COVID 19

March 31, 2023

Kigali: ku nshuro ya gatatu AIMS yahembye abarimu babaye indashyikirwa muri siyanse

March 28, 2023

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In