Sunday, March 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Ntibisanzwe: Nyabihu abakobwa baratabaza kuko ngo babuze abasore bo kubarongora

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/06/27
in HOME, NTIBISANZWE
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Bamwe mu bakobwa bo mu karere ka Nyabihu bavuga ko bafite ikibazo gikomeye aho abasore bafite gahunda yo kubaka urugo babuze bigatuma aba bakobwa bari gushukwa n’abasaza bakuze bakanabatera inda .

Ni inkuru yateye benshi kwibaza aho bamwe bavuga ko bishobora kuba biterwa n’uko abasore nta bushobozi bafite ariko ku rundi ruhande abakobwa bo bakavuga ko abasore nta gahunda yo kubaka bafite.

IZINDI NKURU WASOMA

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

Mu kiganiro aba bakobwa bagiranye na TV1 dukesha iyi nkuru bahamije ko zimwe mu mpamvu benshi muri bo basigaye bashukwa n’abagabo bubatse ingo bakabatera inda imburagihe arukubera ko baba babuze abasore bo mu rungano rwabo babashyira mu rugo.

Aba bakobwa bo mu murenge wa Shyira bavuze ko abahungu bo mu kigero cyabo babuze ariko babajijwe impamvu babona itera icyo kibazo bavuga ko batazi impamvu.

Ku rundi ruhande ariko ngo bivugwa ko hari n’abahungu banga gushaka abakobwa ngo kubera ko iyo babagejeje mu rugo batangira kubatesha umutwe bakabasuzugura ndetse yemwe ngo ntibatinye no kubaca inyuma bagahitamo kubareka.

Kubera icyi kibazo rero ngo bituma bamwe mur’aba bakobwa bahitamo gukundana n’abagabo banafite ingo zabo bakabatera inda ubundi bakajya kubyarira iwabo ibintu bikomeje kuba bibi mur’uyu murenge.

NDANDU Marcel, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’uyu murenge wa SHYIRA uvugwamo iki kibazo ku murongo wa Telefoni yadutangarije ko iki kibazo atakizi, avuga ko ngo nta barura yakoze rigaragaza niba koko aba bakobwa barabuze abasore bangana nabo bo kubashaka.

Ati:”Nta barura nakoze ngo menye niba iki kibazo gihari, ubusanzwe mu muco nyarwanda umuntu yaba umusore cyangwa umukobwa ashaka aruko igihe kigeze, niba rero umukobwa ageza igihe cyo gushaka aho yashatse umusore akajya gushaka umugabo, ibyo simbizi kuko nta barura nakoze”.

Uyu muyobozi asoza asaba ko mu gihe haba haramutse hari umusore wakwitinya akanga gushaka yenda bitewe no kubura ubushobozi cyangwa inkwano yakagombye kwegera mugenzi we bakabiganiraho ndetse byaba na ngombwa bakazafatanya gushaka ubushobozi bari hamwe.

Ntihagaragazwa neza imibare y’abakobwa babyarira iwabo bitewe no kubura abasore babashyira mu rugo bagahitamo guterwa inda n’abagabo bafite abagore gusa Imibare yatangajwe mu mwaka wa 2021 ku itariki ya 15/12 saa 10:27 n’Umuyobozi w’Impuzamiryango Pro-Femmes/Twese Hamwe, Kanakuze Jean d’Arc yavuze ko mu Ntara y’Iburengerazuba habarurwa abangavu 876 baheruka guterwa inda batarageza ku myaka 18 y’amavuko naho mu Ntara y’Amajyaruguru mu mwaka wa 2020, abangavu 553 bakaba baratewe inda batarageza ku myaka 18 naho mu mwaka wa 2021 abamaze guterwa inda bakaba ari 263 ariko ngo abarengeje imyaka 18 bazitewe ntabwo babaruwe.

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023
1.4k
HOME

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In