Wednesday, October 4, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

Ntibisanzwe! Umugore yahisemo gukorana ubukwe n’igiti bakazabana ubuziraherezo

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2021/12/21
in NTIBISANZWE, AMAKURU
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Nyuma yo kwambikana iy’irudashira n’igiti, umugore w’umwongerezakazi witwa Kate Cunningham wanongeye izina Elder mu mazina ye nyuma yo gushyingiranwa n’igiti muri 2019, ubu aratangaza ko urukundo rugeze aharyoshye hagati ye n’umukunzi we (igiti) cyane cyane muri iki gihe cy’iminsi mikuru.

Uyu mugore wafashe icyemezo cyo kugira igiti umugabo we ndetse bakazafatanya urugendo rw’ubuzima, mu mafoto yacicikanye mu mwaka wa 2019 ubwo habaga umuhango wo kumusezeranya n’igiti, yerekanaga uyu mugore ari mu ikanzu y’umweru n’indabo mu ntoki ndetse ubona akanyamuneza ari kose ku maso ye.

IZINDI NKURU WASOMA

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

Nubwo uyu mugore w’imyaka 37 y’amavuko yagaragazaga amarangamutima ye mu muhango wo gusezerana n’umukunzi we yihebeye, wakwibaza uko uwo bambikanye impeta (igiti) byari bimeze?

Kate Cunningham, wahinduye amazina ye akitwa Kate Rose Elder nyuma yo gushyingiranwa n’igiti mu mwaka 2019, ubu yavuze ko urukundo hagati ye n’umukunzi we rugeze aharyoshye kurusha uko byahoze cyane cyane muri iki gihe cy’iminsi mikuru ndetse yongeraho ko urukundo rwakomeje gushinga imizi kuva bambikanye impeta mu myaka 2 ishize.

Dore uburyo aba bombi nukuvuga Rose n’igiti cye bakora urukundo

Mu gukomeza umubano n’umukunzi we, uyu mugore asura iki giti nibura inshuro eshanu mu cyumweru ndetse ngo arateganya kuzizihiza umunsi wa Boxing Day (ukurikira Noheli) hamwe n’iki giti.

Umuhango wo gusezeranya uyu mugore n’igiti wabaye muri Nzeri 2019 ubera ahitwa Rimrose Valley Country Park mu Bwongereza. Iyo agikeneye cyangwa agikumbuye aragenda akacyegera akagihobera ndetse akagisomagura, gusa ibyo mu buriri umbaze nkubaze.

Kubera iki uyu mugore yahisemo kubana n’igiti abantu bahari?

Rose Kate avuga ko abantu bagorana naho igiti cyo kikaba ari ikinyamahoro.

Kate avuga ko gushyingiranwa n’igiti byahinduye ubuzima bwe ndetse ko umukunzi we atagorana nkuko bigenda ku bantu.

Uyu mugore kandi mu bihe bya Noheli ku makarita aha inshuti ze abifuriza Noheli nziza yandikaho ko ari ubutumwa byoherejwe na Bwana ndetse na Madamu Elder nukuvuga we n’igiti cye.

Kate yavuze ko ubwo yasuraga aka gace ka Rimrose Valley Country Park ashaka igiti bashyingiranwa, agikubita amaso iki giti yise Elder umutima we wahise umubwira ko ariwe mugabo bagomba kubana bitewe nuko cyagaragaraga neza.

Ikindi cyateye uyu mugore gusezerana n’iki giti ngo harimo no gutabara ubuzima bwacyo kuko cyari kigiye gutemwa.

Kate yagize ati:’’Abantu na n’ubu baracyambaza ibibazo bitandukanye ndetse baracyashidikanya icyatumye nkora ubu bukwe.’’

Barambaza bati:’’Ese gushyingiranwa n’igiti hari icyo byahinduye mu buzima bwawe? Nkabasubizi nti ‘cyane rwose’! ‘Ese ukunda uyu mukunzi wawe (igiti)? Nanjye nti cyane rwose ndamukunda!’’

Umuryango w’uyu mugore nawo ni bamwe mu bashyigikiye umubano we n’uyu mukunzi we udasanzwe. Kate avuga ko ibiti ari nk’abantu kuko bifite imbaraga n’ubushobozi bwo gusabana n’ibintu biri hafi yabyo.

Igitangaje kuri uyu mugore w’abana babiri n’uko afite n’umukunzi bakundana mu buzima busanzwe ndetse ariwe ukunda kumuherekeza iyo agiye gusura iki giti.

Ni ku nshuro ya 2 mu mateka y’isi umugore yiyeguriye igiti kuko no mu myaka ishize umugore wo muri Mexico nawe yashyingiranwe n’igiti ndetse ngo niwe uyu Kate yakuyeho ishyaka ry’uko nawe yashyingiranwa n’igiti.

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

October 3, 2023
1.5k
HOME

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

October 2, 2023
1.4k
AMAKURU

Nyanza: Umusore yiyahuriye muri kasho

October 2, 2023
1.4k
HOME

Pasiteri yongwe yafunzwe, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’uburiganya

October 2, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

October 3, 2023

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

October 2, 2023

Nyanza: Umusore yiyahuriye muri kasho

October 2, 2023

Pasiteri yongwe yafunzwe, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’uburiganya

October 2, 2023

Mu nama z’Abaturage hagiye kujya hatangwa ubutumwa ku itegeko ryo gukuramo inda mu buryo byemewe

September 28, 2023

Abamotari bakoresha Moto za Spiro bagiye kujya bishyurirwa Mutuelle

September 25, 2023

Ngororero: Umukobwa aratabaza nyuma yo guhemukirwa n’uwo yihebeye

September 25, 2023

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In