Monday, March 27, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Ntibyumvikana! Wa mukinnyi utsinda igitego hagapfa umuntu yongeye gutsinda hapfa undi

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/04/06
in HOME, AMAKURU, IMIKINO
0
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Aaron Ramsey wahoze akinira ikipe ya Arsenal mu Bwongereza, yongeye gutsinda igitego abafana bagaruka ku byajyaga bimuvugwaho ko iyo atsinze igitego hapfa umu-star.

Ni nyuma y’imyaka ibiri bitameze neza mu ikipe ya Juventus, uyu munya-Wales w’imyaka 31 yatijwe mu ikipe ya Rangers yo muri Scotland ndetse ayitsindira igitego cya mbere mu mpera z’icyumweru gishize.

IZINDI NKURU WASOMA

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

Mu mukino w’amakipe abiri ahora ahanganye muri Scotland ariyo Rangers na Celtic wabaye kur’icyi cyumweru, Aaron Ramsey yatangiye afungura amazamu ku ruhande rwa Rangers ku munota wa gatatu gusa, ariko ibitego bibiri bya Rogic na Carter-Vickers byatumye Celtic isoza itsinze uyu mukino.

Nyuma gato byahise bitangazwa ko umwongereza June Brown wari uzwi cyane mu ikinamico ya Easternders inyura kuri BBC, yitabye Imana ku myaka 95.

Uyu mwongerezakazi yari umukinnyi ukunzwe cyane muri Eastenders ya BBC, dore ko ayikinnyemo imyaka myinshi aho yakinaga yitwa Dot Cotton kuva mu mwaka w’1985.

Abakunzi ba ruhago benshi mu Bwongereza bahise batekereza ko byatewe n’uko Aaron Ramsey yari yatsinze igitego kuri uwo munsi, hakaba hagombaga gupfa umuntu w’icyamamare nk’uko ngo byahoze mu myaka yashize.

Ibi byatangiye mu mwaka w’2009 ubwo umunyapolitiki w’umunyamerika witwa Ted Kennedy yitabaga Imana, nyuma y’iminsi mike Aaron Ramsey atsinze Portsmouth igitego ubwo yari akiri muri Arsenal.

Ibi kandi byongeye kuba mu mwaka wa 2011 ubwo Aaron Ramsey yatsindaga igitego bakina na Manchester United, nyuma y’umunsi umwe hagahita hatangazwa urupfu rwa Osama Bin Laden wishwe n’ingabo z’abanyamerika.

Nanone kandi byongeye kuba aho Steve Jobs na Colonel Gaddafi nabo bitabye Imana nyuma y’uko uyu musore yabaga yatsinze ibitego. Kuri ubu ni benshi bavuga ko June Brown wakinaga muri Eastenders ya BBC yaba ariwe uheruka kuzira igitego cya Aaron Ramsey, n’ubwo abo bapfa bose haba hari impamvu zigaragazwa zabahitanye ariko kandi biza bikurikiranye n’igitego cy’uyu mukinnyi.

Mu mwaka w’2016, Aaron Ramsey yabajijwe kuri ibi, avuga ko ari ibitekerezo by’ubucucu biri mu bantu gusa. Aganira na SunSport yagize ati:” Ni ibihuha by’ubusazi n’ubugoryi gusa”.

Akomeza agira ati: “Sinzi impamvu cyangwa uko byatangiye ariko byakomeje kunkurikira, ariko ntibinkanga, abantu barapfa buri munsi, nta gihe badapfa.”

Asoza agira ati:” Aaron Ramsey yakomeje avuga ko unakoze ubushakashatsi wasanga hari abantu bagiye bapfa igihe Cristiano cyangwa Messi babaga batsinze ibitego, ariko ngo ntazi impamvu buri gihe babihuza nawe”.

Dore Urutonde rw’amazina y’ibyamamare bivugwa ko bazize ibitego bya Aaron Ramsey: Bruce Forsyth, Whitney Houston, David Bowie, Richard Attenborough, Paul Walker, Alan Rickman, Robin Williams, Nancy Reagan, ndetse n’abandi bagenda bavugwa n’abafana.

 

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023
1.4k
HOME

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In