Sunday, April 2, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home AMAKURU

Nyuma y’ibirego byinshi mu nkiko, puderi yitwa Johnson igiye kuvanwa ku isoko

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/08/12
in AMAKURU
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Ku myaka 130 puderi ya Johnson imaze icuruzwa hirya no hino ku isi ubu igiye kuvanwa ku isoko kubera imanza zirega abacuruza iyi puderi ko yaba irimo ikinyabutabire gitera cancer

Uruganda rwitwa Johnson & Johnson (J&J) kuva mu mwaka utaha ruzahagarika gucuruza iyi puderi y’abana ikorwa ahanini mu kinyabutabire cyitwa talcum.

Itangazo rya J&J ritangaza ihagarikwa ry’iyi puderi rije nyuma y’imyaka ibiri uru ruganda ruhagaritse igurishwa ry’iyi puderi muri Amerika kubera ko ngo abayikoresheje baho bagizweho ingaruka nayo.

J&J ihanganye n’ibirego ibihumbi birenga 10 by’abagore bavuga ko iyi pideri irimo ikinyabutabire cya asbestos cyabateye cancer y’imirerantanga (ovaries).

Gusa uru ruganda rushimangira ibyo rwakomeje kuvuga mu myaka myinshi ishize ko ubushakashatsi bwemeje ko iyi puderi ari ntamakemwa ku muntu wese uyikoresheje.

Inkuru ya BBC ivuga ko “Nyuma y’ubugenzuzi bwakozwe hose ku isi, uru ruganda rwafashe icyemezo cyo gucuruza iyindi puderi y’abana ikozwe mu biva ku bigori”.

Uru ruganda J&J ariko rukomeza rushimangira ko iriya puderi ikoze muri talcum nta kibazo itera.

Ruvuga ko “rugihagaze ku byatangajwe mu bugenzuzi bwigenga bwakozwe n’inzobere mu buvuzi ku isi bwemeje ko puderi ya Johnson’s ya talc ari ntamakemwa, idafite asbestos, kandi idatera cancer”.

Mu 2020, J&J yatangaje ko igiye guhagarika gucuruza iyi puderi muri Amerika na Canada kuko abayikoresga ngo babaye bake kubera ibyo yise “amakuru atari yo” kuri iyo puderi mu gihe hari ibirego byinshi mu nkiko kuri yo.

Icyo gihe, uru ruganda rwavuze ko ruzakomeza kuyicuruza ahandi hose ku isi gusa ubu rukaba rwamaze kuva ku izima nyuma y’uko abajyana ibirego mu nkiko kubera iyi puderi ngo bakomeza kwiyongera.

Uru ruganda rwarezwe n’abaguzi n’abatewe cancer n’iyi puderi ariko bakaza gukira aho bavuga ko puderi ya talcum yarwo yabateye cancer kuko irimo asbestos.

Talc iba muri iyi puderi icukurwa mu butaka kandi iboneka mu birombe biba byegereye ahari ikinyabutabire cya asbestos kizwiho gutera cancer.

Mu mwaka w’2018 iperereza ry’ibiro ntaramakuru Reuters ryerekanye ko J&J yari imaze imyaka myinshi izi ko asbestos iri mu bicuruzwa byayo birimo talc ariko ntigire icyo ibikoraho.

Reuters yavuze ko inyandiko z’imbere mu ruganda, ubuhamya mu manza,n’ibindi bimenyetso byerekanye ko nibura kuva mu 1971 kugeza mu 2000, puderi ya talc ya J&J yasuzumwe igasangwamo ibipimo runaka bya asbestos.

Gusa ariko mu nkiko, no mu nkuru z’ibinyamakuru, uru ruganda rwakunze kugaragara ruhakana ibi birego ndetse mu Ukwakira 2021 uruganda rwa J&J rwashinze ikigo, LTL Management, cyari cyahawe inshingano zo gukurikirana ibirego kuri talc no kugenzura koko niba ibivugwa ari ukuri gusa nyuma gato uru ruganda rwaje kuvuga ko iki kigo cyahombye kigahagarara.

Mbere y’uko J&J ivuga ko iki kigo cyahombye, cyari cyugarijwe no kwishyura miliyari $3.5 mu manza, zirimo urw’abagore 22 bagenewe n’urukiko impozamarira za miliyari $2.

Muri Mata(4), umwe mu banyamigabane ba J&J yasabye ko iriya puderi y’abana ihagarikwa gucuruzwa ku isi, ariko ntibyahabwa agaciro.

Johnson’s Baby Powder imaze imyaka hafi 130 icuruzwa ku isi ikaba ikoreshwa mu kurinda uruhu rw’impinja gukanyarara, abandi bakayikoresha ku ruhu rwabo kugira ngo ruhehere.

Facebook Comments Box

IZINDI NKURU WASOMA

Ibikubiye mu gitabo Le Chagrin De Ma Mere cya Antoine Hagenimana byanyuze abasomyi

GASHORA: ABANA 942 BATEGANYIJWE GUKINGIRWA COVID 19

Related Posts

HOME

Ibikubiye mu gitabo Le Chagrin De Ma Mere cya Antoine Hagenimana byanyuze abasomyi

March 31, 2023
1.4k
AMAKURU

GASHORA: ABANA 942 BATEGANYIJWE GUKINGIRWA COVID 19

March 31, 2023
1.4k
HOME

Kigali: ku nshuro ya gatatu AIMS yahembye abarimu babaye indashyikirwa muri siyanse

March 28, 2023
1.4k
HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ibikubiye mu gitabo Le Chagrin De Ma Mere cya Antoine Hagenimana byanyuze abasomyi

March 31, 2023

Mu rubanza rwa Prince Kid hagaragayemo ibintu 2 bitagaragaye ubushize

March 31, 2023

GASHORA: ABANA 942 BATEGANYIJWE GUKINGIRWA COVID 19

March 31, 2023

Kigali: ku nshuro ya gatatu AIMS yahembye abarimu babaye indashyikirwa muri siyanse

March 28, 2023

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In