Monday, March 27, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home IMYIDAGADURO

Nyuma y’irekurwa rya Ndimbati abakunzi be basabira Fridaus ikintu gikomeye

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/09/29
in IMYIDAGADURO
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Nyuma y’isomwa ry’urubanza rwaregwagwamo Uwihoreye Jean Bosco wamamaye muri sinema Nyarwanda nka Ndimbati akarekurwa agizwe umwere abakunzi be barasaba ko Fridays wamureze yakurikiranwa

 

IZINDI NKURU WASOMA

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

Urubanza rwa Prince Kid rwimuriwe itariki

Ni urubanza rwasomewe mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 29 Nzeri 2022 rukagira Ndimbati umwere.

Nyuma y’ibi akanyamuneza ni kose ku batari bake bigaragarira ku byavuzwe ku nkuru zakozwe mu bitangazamakuru bitandukanye ndetse no ku mbuga nkoranyambaga ariko bamwe bakavuga ko umukobwa witwa Fridaus wari wamureze yakurikiranwa ndetse basanga hari aho yari yamubeshyeye nawe akabihanirwa.

Uwiswe Mugabo watanze igitekerezo cye ku gitangazamakuru Igihe agira ati: ‘’ Turashimira lmana yakoresheje abacamanza kuko bakoresheje ukuri kose nta kubogama. Ariko umunyamakuru washyize hanze iyi nkuru agamije ko Ndimbati ahera mu munyunyuru ndetse umuryango we ukicwa n’inzara nawe ashyikirizwe ubutabere kubera gukekwaho kwaka ruswa ngo adashyira hanze ibya Ndimbati na Kabahizi Fridaus,

Fridaus wari wareze Ndimbati

Kabahizi Fridaus nawe akurikiranwe kucyaha cyo gukoresha ibyangombwa bitandukanye ndetse no kwandarika umugabo babyaranye agamije inyungu ze bwite zidafitanye isano no kwita ku bana yabyaye”.

Ibyaha Ndimbati yari akurikiranyweho harimo gusindisha umwana witwa Kabahizi Fridaus yarangiza akamusambanya, bikavamo kubyarana abana babiri b’impanga.

Mu iburana uyu mugabo ntiyigeze ahakana kuba yararyamanye na Kabahizi ahubwo we akemeza ko yari yujuje imyaka y’ubukure ngo kuko yavutse tariki ya 1 Mutarama 2002 bakaryamana ku wa 2 Mutarama 2020 yujuje imyaka 18, mu gihe Ubushinjacyaha bwagaragaje ko baryamanye akiri umwana bushingira ngo kukuba yavutse ku wa 7 Kamena 2002, nk’uko bwanabigaragaje mu byemezo bitandukanye ariko bikagenda bishidikanywaho.

Urukiko rushingiye ku kuba Uwihoreye yarahuye na Kabahizi afite indangamuntu igaragaza ko yavutse ku 1 Mutarama 2002, rwasanze ko nubwo hari indi ndangamuntu igaragaza ko yavutse ku wa 7 Kamena 2002, ikwiye guhabwa agaciro ari iyo uwo mukobwa yari afite igihe bahuraga.

Urukiko rwavuze ko rutanyuzwe n’ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha byagaragazaga ko Uwihoreye yaryamanye na Kabahizi ku wa 24 Ukuboza 2019 aho kuba tariki 2 Mutarama 2020 nk’uko Uwihoreye yabivugaga.

Urukiko rwemeje ko ikirego cy’ubushinjacyaja nta shingiro gifite, rwemeza ko Uwihoreye ari umwere ndetse rutegeka ko arekurwa akimara gusomerwa.

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023
1.5k
HOME

Urubanza rwa Prince Kid rwimuriwe itariki

March 9, 2023
1.4k
HOME

Umuhanzi Mico the Best yafunzwe, menya icyo yazize

March 6, 2023
1.5k
HOME

Umuhanzikazi Knowless yibarutse umwana wa 3

March 4, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In