Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis yatangaje ko hari umudayimoni w’ubwibone,
ukomeje kwinjirira abashumba bakuru b’iri torero bakorera i Vatican.
Kuri uyu wa 22 Ukuboza 2022, ubwo yagezaga ku Bacardinale ubutumwa bubanziriza umunsi mukuru w’ivuka rya Yezu Kirisitu, uzwi nka Noheli nibwo yavuze ko idini ayoboye riri kwinjirirwa n’umudayimoni ukomeye.
Inkuru dukesha ibiro ntaramakuru bya Kiliziya Gatolika, CNA, bivuga ko Papa Francis yagize ati: “Nyamara dufite ibyago byinshi kurusha abandi, kubera ko twinjiriwe n’umudayimoni, utazana n’ijwi rirenga, ahubwo uzana indabo mu ntoki ze.”
Avuga ko uyu mudayimoni atuma abakorera muri ibi biro bumva ko ari beza kurusha bagenzi babo, bagahugira muri ibyo, aho guhinduka ngo bakore neza umurimo bahamagariwe, akaba avuga ko kwamagana uyu mudayimoni bidahagije, ahubwo ko abashumba bakuru bakwiye guhinduka.
Yasabye abashumba bakuru kuba maso, kuko ngo ikibi kirihinduranya kigamije kugira ngo gishinge imizi mu bantu.
Papa Francis yasoje ijambo rye, asaba abashumba kwimenyereza kurwanya iki kibazo bimenyereza buri munsi gukoresha umutimanama watuma bagitahura.