Saturday, September 23, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Philippines: Ak’abanyeshuri bamenyereye gukopera kashobotse

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/10/24
in HOME, HANZE
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Mu gihugu cya Philipines hashyizweho ingofero zo guhangana n’abanyeshuri bakopera mu bizamini byo mu mashuri makuru,aho hari kwifashishwa ibikarito by’amagi n’ibipapuro byo guhahiramo

 

Abanyeshuri bo ku ishuri rikuru ryo mu mujyi wa Legazpi basabwe kwambara ikintu gipfuka umutwe cyo gutuma batanaga akajisho ku mpapuro za bagenzi babo ngo bakopere.

Ibi byatumye bamwe muri bo bifashisha ibyo kwambara mu mutwe mu bintu byo mu bikarito, mu bikoresho byo gutwaraho amagi no mu bindi bikoresho bitari bigikoreshwa.

Umwarimu wabo yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ko yari arimo gushaka “uburyo busekeje” bwo gutuma habaho “ubunyangamugayo no kuvugisha ukuri” mu mashuri yigishamo.

Mary Joy Mandane-Ortiz, umwarimu wigisha ibyo gukora imashini z’amashanyarazi (mechanical engineering) kuri Bicol University College of Engineering, yavuze ko icyo gitekerezo cyatanze umusaruro.

Cyashyizwe mu bikorwa mu bizamini biheruka kuba byo hagati mu gihembwe, byakozwe n’abanyeshuri babarirwa mu magana bo kuri iryo shuri rikuru mu cyumweru cya gatatu cy’uku kwezi kwa cumi.

Profeseri Mandane-Ortiz yavuze ko mbere yari yasabye ko abanyeshuri bakora ikintu “cyoroheje” bagikoze mu gipapuro.

Yafatiye urugero ku buryo buvugwa ko bwakoreshejwe muri Thailand mu myaka micyeya ishize.

Aba banyeshuri bambaye ibikoresho bikozwe mu bipapuro, abandi bambara ingofero, za ‘casques’ (helmets) cyangwa ingofero z’ibikinisho zo ku munsi mukuru, kugira ngo bashobore kwipfuka.

Amakuru avuga ko byanabereye urugero amashuri na za kaminuza zo mu bindi bice by’igihugu, rwo gushishikariza abanyeshuri baho gukora ibyo kwambara mu mutwe byo kurwanya gukopera.

Prof Mandane-Ortiz yavuze ko abanyeshuri be batsinze neza muri uyu mwaka, babifashijwemo n’uburyo bukaze bwo gukoramo ibizamini bwatumye biga cyane kurushaho.

Yongeyeho ko benshi muri bo basoje ibizamini byabo hakiri kare kandi ko nta munyeshuri n’umwe wafashwe arimo gukopera muri uyu mwaka.

Facebook Comments Box

IZINDI NKURU WASOMA

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

Related Posts

HOME

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023
1.4k
HOME

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Urubyiruko rubarizwa mu ishyaka rya DGPR rurasabwa kugira intego ihamye

September 17, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Hashyizweho umurongo wo gukemura ibibazo by’abana bahohoterwa

September 17, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In