Sunday, March 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home IYOBOKAMANA

Pst Zigirinshuti yongeye guhagarikwa muri ADEPR

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2021/11/03
in IYOBOKAMANA
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

{{Pasiteri Zigirinshuti Michel yahagaritswe mu gihe cy’amezi atatu atabwiriza kubera amagambo yavuze ku Ntambara y’Abacengezi ubwo yabwirizaga mu gitaramo cyabereye muri Paruwasi ya Nyarugenge.}}

Intandaro y’ihagarikwa ry’uyu mupasiteri riri kuwa 19 Nzeri 2021, ubwo Pasiteri Zigirinshuti yabwirizaga mu gitaramo cyabereye kuri ADEPR Nyarugenge.

IZINDI NKURU WASOMA

Padiri Twagirayezu wahawe kuyobora Diyozezi ya Kibungo ni muntu ki?

Ntibisanzwe! Umupasiteri yihaye kwigana Yesu birangira ahasize ubuzima

Icyi gitaramo cyari cyatumiwemo Korali Siloam yo muri ADEPR Kumukenke na Shalom y’i Nyarugenge.

Pasiteri Zigirinshuti yabwirije ijambo riri muri 2 Petero 2:9 havuga ko:“Umwami Imana izi gukiza abayubaha ibibagerageza no kurindira abakiranirwa kugeza ku munsi w’amateka ngo bahanwe.’’

Muri iyi nyigisho yavuze ko Imana ifite uko yagenza ibibazo by’abantu bayigumyeho.

Ati “Uwubaha Imana, Umwami Imana afite uko yagenza ibintu bye. Nta kigoye Uwiteka yabura uko agenza.’’

Pasiteri Zigirinshuti Michel usanzwe ari Umushumba muri Paruwasi ya Gasave mu mujyi wa Kigali

Pasiteri Zigirinshuti usanzwe ari Umushumba muri Paruwasi ya Gasave yifashishije ingero zitandukanye zirimo urugendo rw’Abiyisiraheli bava mu Misiri [Egiputa].

Mu kurushaho kumvikanisha inyigisho ye, yatanze urugero rw’uburyo mu Ntambara y’Abacengezi, abaturage banze kwitandukanya n’abacengezi [kuko barimo abana babo, abakwe n’abandi bo mu miryango] barwanyirijwe hamwe.

Mu myaka ya nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Ingabo zari iza RPA zinjiye mu rugamba rwo guhangana n’abacengezi. Icyo gihe byari bigoye kurokora umuturage ucumbikiye umucengezi kuko hari abanze kubarekura no gutungira inzego z’umutekano agatoki kuko bari bafitanye amasano.

Muri icyo kibwiriza, Pasiteri Zigirinshuti yashushe nk’ushaka kuvuga ko mu myizerere, umuntu wifatanya n’umwanzi Satani bigora kumurokora.

Mu nyigisho iri kuri YouTube ya ADEPR NYARUGENGE_CHURCH ifite amasaha atatu, iminota 38 n’amasegonda 24, hakuwemo uduce duto tw’aho Pasiteri Zigirinshuti yatanze urugero ku Bacengezi n’aho Pasiteri Rurangwa bari kumwe asa n’umusubiza.

Gusa bamwe mu bitabiriye ayo materaniro bahamirije IGIHE dukesha iyi nkuru ko uyu mukozi w’Imana yakoresheje urwo rugero rw’Abacengezi, akagera n’aho avuga ko “abanze kwitandukanya nabo babigendeyemo”.Muri uwo mwanya rero, ni bwo Umushumba w’Ururembo rwa Kigali, Pasiteri Rurangwa Valentin, yashimiye Pasiteri Zigirinshuti ‘watuganirije neza amagambo meza’.

Yavuze ko ubwo yigishaga yatanze urugero rumwibutsa inkuru iri muri 1 Samweli ivuga kuri Yesayi wohereje Dawidi ku rugamba ngo ajye kureba uko bakuru be bameze.

Yakomeje ati “Iyo abantu bari mu ntambara, amakuru aturuka ku rugamba hari aza ari ukuri n’aza ari ibihuha.”

Ibyakuriye aya magambo ya Pasiteri Rurangwa wari muri uwo muhango, bigaragara ko byakaswe mu butumwa bwashyizwe kuri Youtube ya ADEPR.

Yesayi yahamagaye Dawidi amuha ingemu yo gushyira bakuru be, umutware wabo no kumufasha kumenya inkuru z’imvaho z’ibibera ku rugamba.

Umushumba w’Ururembo rwa Kigali, Pasiteri Rurangwa Valentin

Uru rugero yarutanze asa n’ugorora amagambo yavuzwe na Pasiteri Zigirinshuti mu gushimangira ko Inkotanyi zitigeze zica abaturage mu Ntambara y’Abacengezi.

Ubusanzwe nyuma y’amateraniro abapasiteri baba abasangwa n’abashyitsi bakora inama, bakanabakira. Nta gushidikanya ko iyi ngingo yaganiriweho hagati y’impande zombi.

IGIHE yamenye ko nyuma y’icyumweru, Pasiteri Zigirinshuti yandikiwe ibaruwa asabwa ibisobanuro ku magambo yavuze ndetse mu minsi itanu ahita ahagarikwa.

Uwaduhaye amakuru yavuze ko uyu mukozi w’Imana yahagaritswe amezi atatu, akumirwa kongera kubwiriza mu rusengero no kuri YouTube.

Bivugwa kandi ko nyuma y’amateraniro, aba bapasiteri bombi baganiriye bakemeranya ko ibyavugiwe mu materaniro birangiriye aho, nta kibazo gikwiriye kuzamo.

Ku rundi ruhande, hari bamwe mu bantu ba hafi ba Zigirinshuti bavuga ko batunguwe n’uburyo Pasiteri Rurangwa yagiye kugorora imvugo ya mugenzi we.

                               Yanditswe na Anaclet NTIRUSHWA @ IBENDERA.COM

Facebook Comments Box

Related Posts

AMAKURU

Padiri Twagirayezu wahawe kuyobora Diyozezi ya Kibungo ni muntu ki?

February 22, 2023
1.4k
AMAKURU

Ntibisanzwe! Umupasiteri yihaye kwigana Yesu birangira ahasize ubuzima

February 18, 2023
1.5k
HOME

Protected: Abazitabira Rwanda Revival Conference barizezwa kuzahembuka ku mutima no ku mubiri

February 1, 2023
1.5k
HOME

Ni umwanda-Ikibazo cy’abasenyeri bashaka kubana bahuje ibitsina cyahuruje imbaga

January 18, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In