Sunday, March 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Putin yaciye amarenga ku ntambara ya 3 y’isi yose

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/04/28
in HOME, AMAKURU
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Perezida w’Uburusiya Vladimir Putin yaburiye amahanga aho yavuze ko igihugu icyo ari cyo cyose kigerageza kujya mu ntambara yo muri Ukraine kizahura n’igisubizo “cyihuta nk’umurabyo”.

Mu ijambo ribonwa nk’irikomoza kuri misile zo mu bwoko bwa ballistic ndetse n’intwaro z’ubumara za nikleyeri, Putin yagize ati: “Dufite ibikoresho byose umuntu n’umwe adashobora kwirata ko afite… tuzabikoresha nibiba ngombwa”.

Ibihugu by’inshuti za Ukraine byongereye intwaro biyiha, Amerika ikaba yarasezeranyije gutuma Ukraine itsinda Uburusiya.

Abategetsi bo mu burengerazuba (Uburayi n’Amerika) bavuga ko Uburusiya burimo guhura n’imbogamizi mu bikorwa byabwo mu burasirazuba bwa Ukraine.

Mu cyumweru gishize, Uburusiya bwagabye igitero kinini cyo gufata akarere ka Donbas nyuma yuko bukuye ingabo mu turere two mu nkengero y’umurwa mukuru Kyiv.

Ariko nkuko umutegetsi umwe abivuga, abasirikare b’Uburusiya “barimo kugorwa no gutsinda ukwirwanaho gukomeye kwa Ukraine kandi barimo gutakaza abasirikare”.

Mu yandi makuru, akanama k’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU/UE) kashinje Uburusiya gushyiraho ibikangisho nyuma yuko buhagaritse kohereza gaz (gas) muri Pologne (Poland) na Bulgaria.

Perezida w’ako kanama Ursula von der Leyen yavuze ko byerekana “ukutizerwa” kw’Uburusiya nk’igihugu kigurisha ibitoro.

Ibiro bya Perezida w’Uburusiya – Kremlin – byavuze ko Uburusiya bwahatiwe kugira icyo bukoze kubera “ingamba zitari iza gicuti” z’ibihugu byo mu burengerazuba.

Uko gufunga ibitoro kwa kompanyi Gazprom ya leta y’Uburusiya gukurikiye kuba Pologne na Bulgaria byaranze kuriha gaz mu mafaranga y’Uburusiya azwi nk’ama-roubles.

Ibyo Perezida Putin yari yabisabye mu kwezi kwa gatatu, mu gufasha kuzahura agaciro k’iryo faranga ryashegeshwe n’ibihano Uburusiya bwafatiwe n’ibihugu byo mu burengerazuba.

Bwana Putin yavuze ayo magambo ku wa gatatu ubwo yari arimo kugeza ijambo ku badepite b’Uburusiya mu mujyi wa St Petersburg uri mu majyaruguru.

Yagize ati: “Niba umuntu uvuye hanze agerageje kwinjira muri Ukraine agateza inkeke ku migambi y’Uburusiya, igisubizo cyacu kizihuta nk’umurabyo”.

“Dufite ibikoresho byose [byo gusubiza] umuntu n’umwe adashobora kwirata ko afite. Kandi ntituzaba turimo kubirata, tuzabikoresha nibiba ngombwa”.

Inkuru dukesha BBC ivuga ko Putin yongeyeho ko ibyemezo byose ku bizaba biri muri icyo gisubizo cy’Uburusiya byamaze gufatwa – ntiyagira andi makuru atanga.

Uburusiya bwateye Ukraine ku itariki ya 24 y’ukwezi kwa kabiri, nuko mu gihe cy’iminsi yakurikiyeho Perezida Putin ategeka igisirikare cy’igihugu cye gutegura ku rwego rwo hejuru ubwirinzi bw’intwaro za nikleyeri.

Abasesenguzi bamwe bumvikanisha ko ibikangisho nk’ibyo ari uburyo bwa Putin bwo kugerageza kuburira inshuti za Ukraine kutarushaho kugira uruhare mu ntambara.

Perezida Putin yavuze iryo jambo hashize umunsi umwe ibihugu byo mu burengerazuba bikoreye inama mu Budage, bisezeranya kongera imfashanyo ya gisirikare biha Ukraine.

Minisitiri w’ingabo z’Amerika Lloyd Austin yasezeranyije kunyeganyeza “ijuru n’isi” mu rwego rwo gutuma Ukraine itsinda intambara.

Mu bihe bya vuba aha bishize, habayeho kwiyongera kw’umubare w’ibyo ibihugu byo mu burengerazuba byiyemeje kongera nk’imfashanyo ya gisirikare biha Ukraine, birimo nk’Ubudage bwatangaje ko buzayoherereza ibifaru 50 birasa indege, mu cyabaye guhindura gukomeye gahunda yabwo.

Facebook Comments Box

IZINDI NKURU WASOMA

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

Related Posts

HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023
1.4k
HOME

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In