Wednesday, May 31, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

RCA yatanze umurongo ku mubare ntarengwa ugomba kubikuzwa ku makoperative abitsa muri SACCO

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2020/04/20
in HOME, AMAKURU
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe guteza imbere amakoperative mu Rwanda (RCA), Prof. Harerimana Jean Bosco, aratangaza ko buri munyamuryango mu bagize koperative cyangwa amatsinda manini akorana na Sacco yemerewe kubikuza amafaranga y’u Rwanda atarenze ibihumbi 50 mu cyumweru.

Ibi arabitangaza nyuma y’aho hari bamwe mu bagize Koperative bo mu Karere ka Musanze bavuga ko hari umubare w’amafaranga batemererwa kubikuza babibwiwe n’ubuyobozi bwa Sacco.

IZINDI NKURU WASOMA

Rwamagana-Mwulire:Hatashywe ikigo nderabuzima kizatanga serivisi z’Ubuzima ku barenga 33 936

Kayonza: Kutabona agakingirizo bishobora gutuma urubyiruko rukora mu bucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro rwandura Sida

Bamwe mu bagaragarije Kigali Today iki kibazo barimo abagize Koperative y’abafite ubumuga yitwa ‘Abakundamurimo’ yo mu Murenge wa Cyuve.

Aba ngo bishyize hamwe bagamije guharanira inyungu z’abanyamuryango, biyemeza ko buri mwaka muri Mata bajya barasa ku ntego (kugabana ayo bamaze kugezamo).

Ndimubacu Phillipe, umwe mu bagize iyi Koperative, akaba afite umwana ufite ubumuga, yagize ati “Twishyize hamwe nk’abantu bafite ubumuga cyangwa abafite ababakomokaho bavukanye ubumuga tukajya dukoteza amafaranga, tuyabitsa muri ‘New Vision Sacco’ yo mu Murenge wa Gacaca ngo ubwo uku kwezi turimo kwa Mata kuzaba kugeze azatugoboke nk’uko twari twabyiyemeje kujya tuyabikuza icyo gihe buri rimwe mu mwaka.

Twageze kuri Sacco batubwira ko bataturengereza amafaranga ibihumbi 50 gusa mu bihumbi birenga 400 twifuzaga kubikuza; urebye ayo mafaranga bemera kuduha ntacyo yari kutumarira kuko muri twe harimo abafite intege nke kubera ubumuga bakeneye kugura imiti, barimo n’ababyeyi b’ababana bafite ubumuga bagomba kwitabwaho ngo ubuzima bukomeze.

Muri iki gihe cyo kwirinda icyorezo cya Covid-19 ubuzima buradukomereye, kuko n’imirimo twakoraga yahagaze, tukaba twari dusigaye duhanze amaso amafaranga twabikije muri Sacco ngo abe ariyo atugoboka”.

Prof. Harerimana Jean Bosco, Umuyobozi w’Ikigo RCA avuga ko hagendewe ku ibwiriza rya Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), umunyamuryango wa Koperative cyangwa amatsinda manini bikorana na Sacco, buri umwe yemerewe kubikuza amafaranga nibura atarenze ibihumbi 50 y’u Rwanda.

Yagize ati “Nta mpamvu n’imwe cyangwa urwitwazo urwo ari rwo rwose rushobora gutuma Sacco idatanga amafaranga ku bantu bari mu makoperative cyangwa amatsinda mu gihe bigaragara ko buri umwe akeneye atarenga ibihumbi 50.

Ku makoperative cyangwa ayo matsinda baba bafite abashinzwe kubabikuriza amafaranga, abo bakora urutonde rw’abantu bayakeneye bakarujyana kuri Sacco ikayabaha nta yandi mananiza”.

Akomeza agira ati “Bitewe n’umubare w’abanyamuryango bashobora no kubikuza miliyoni eshatu, enye cyangwa eshanu. Turasaba za Sacco kubahiriza amabwiriza zahawe yo gukorana neza n’abazigana, babaha serivisi nziza, kandi mu buryo bwubahirije amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19”.

Nyuma y’aho mu Rwanda hagaragariye umuntu wa mbere ufite icyorezo cya Covid-19 tariki 14 Werurwe 2020, hahise hashyirwaho amabwiriza asaba abantu kuguma mu ngo zabo, akaba ari naho bakorera akazi aho bishoboka.

Mu gushaka uko abagize amakoperative bashobora kubaho ubuzima bwabo budahungabanye, mu minsi yakurikiyeho, RCA yashishikarije ubuyobozi bw’amakoperative kugenera abanyamuryango bayo ubwasisi n’inyungu ku bwizigame bwabo.

Umuyobozi w’iki kigo Prof. Harerimana, avuga ko mu kwezi kumwe gusa iyi gahunda itangiye, amakoperative abitsa muri za Sacco zo mu Rwanda amaze kugabana amafaranga y’u Rwanda arenga miliyari imwe .

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Rwamagana-Mwulire:Hatashywe ikigo nderabuzima kizatanga serivisi z’Ubuzima ku barenga 33 936

May 30, 2023
1.4k
HOME

Kayonza: Kutabona agakingirizo bishobora gutuma urubyiruko rukora mu bucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro rwandura Sida

May 28, 2023
1.5k
HOME

Inkuru y’akababaro: Umuntu umwe yitabye Imana ubwo Agakinjiro ka Gisozi kashyaga

May 24, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Mu gakiriro ka Gisozi hahiye

May 23, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Rwamagana-Mwulire:Hatashywe ikigo nderabuzima kizatanga serivisi z’Ubuzima ku barenga 33 936

May 30, 2023

Kayonza: Kutabona agakingirizo bishobora gutuma urubyiruko rukora mu bucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro rwandura Sida

May 28, 2023

Inkuru y’akababaro: Umuntu umwe yitabye Imana ubwo Agakinjiro ka Gisozi kashyaga

May 24, 2023

Kigali: Mu gakiriro ka Gisozi hahiye

May 23, 2023

Kigali: Dasso yafunzwe akurikiranweho icyaha cya ruswa

May 23, 2023

Umunyamakuru Ismael Mwanafunzi agiye kurongora umukobwa wahoze ayobora Radio ikomeye mu Rwanda

May 22, 2023

Kwibuka 29: ADEPR Kabeza bibutse abakirisitu bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

May 21, 2023

Umugore yakoze igisa n’ubukunguzi mu biroli byo kumenya uko azaba ameze ari gushyingurwa napfa

May 18, 2023

Mu bitaro bya Kabgayi, Ibihombo biravuza ubuhuha

May 18, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In