Urukiko Rusesa Imanza rwatesheje agaciro igihano cy’imyaka 13 Kamerhe yari yarahawe rutegeka urukiko rwari rwakimukatiye kongera gushaka ibimenyetso bifatika
Kuri uyu wa Mbere tariki 11 Mata, Urukiko Rusesa Imanza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwatesheje agaciro icyemezo cy’Urukiko rw’Ubujurire cyahanishije Vital Kamerhe, aho yari yakatiwe imyaka 13 y’imirimo y’agahato.
Uru rukiko rwasobanuye ko hari inenge zabaye mu migendekere y’urubanza mu bujurire.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’umutwe wa Politiki wa ‘Union pour la Nation Congolaise (UNC)’ Kamerhe abarizwamo, ryavuze ko iri seswa ry’umwanzuro wa mbere ari intsinzi ku butabera bwa RDC butitaye ku gitutu icyo ari cyo cyose giturutse hanze nk’uko Afrik.com dukesha iyi nkuru yabitangaje.
Uyu mugabo Vital Kamerhe yari asanzwe ari Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida Félix Tshisekedi, akaba yari yakatiwe igifungo cy’imyaka 13 muri Kamena 2021, ahamijwe ibyaha byo kunyereza umutungo na ruswa.
Hamwe no gutesha agaciro uyu mwanzuro, urukiko Rusesa Imanza rwemeje ko dosiye isubizwa mu Rukiko rw’Ubujurire rukongera gusubiramo urubanza ku bijyanye n’inyerezwa ry’uyu mutungo.
Icyemezo cya nyuma kizamenyekana nyuma y’urubanza rushya imbere y’urukiko rw’ubujurire rwa Kinshasa-Gombe.
Umwunganizi w’uyu mugabo mu mategeko, Me Pulusi Eka, yavuze ko bizeye ko ibintu bizagenda neza kuko ibimenyetso byerekana ko Vital Kamerhe ari umwere.
Kuri ubu Kamerhe ari guhabwa ubuvuzi mu Bufaransa, nyuma yo kwemererwa kurekurwa by’agateganyo ku wa 6 Ukuboza 2021. Abakurikiranira hafi iby’iyi dosiye bavuga ko atari igitangaza kuba Kamerhe yagaruka mu ruhando rwa politiki mur’iki gihugu RDC.