Monday, March 27, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

Rubavu: Iribagiza aratabariza umwana we wakuwemo Amara n’umugeri w’umuturanyi

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/01/26
in NTIBISANZWE
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Uyu mubyeyi witwa Iribagiza Marie Claire wo mu karere ka Rubavu, Umurenge wa Nyundo, akagari ka Terimbere ho mu mudugudu wa Keya avuga ko umwana we yakubiswe umugeri n’umuturanyi amara akayapfumura, ku buryo umwanda usohokera mu rubavu agasaba ubufasha. Ubuyobozi bw’Umurenge buvuga ko iki kibazo bukizi ariko butari buzi ko uyu mubyeyi yabuze ubushobozi bwo kuvuza umwana, bukamusaba ko yabugana bukamufasha muri buke Umurenge ufite umwana akavurwa.

Ati “Yakubiswe umugeri n’umuturanyi wacu witwa Niyibizi mu kwezi kwa 8, umwana ishuri yarivuyemo ndetse ubushobozi bwo kumuvuza bwaradushiranye, ku buryo ntan’icyizere cyo kuzamugeza ku Bitaro bya Ruhengeri kuwa 27 Mutarama 2022 nk’uko baduhaye Randevu. Uyu mwana yakubiswe ubwo yari asanze barimo gukinira ku nsina ye bayiciye amakoma.”

IZINDI NKURU WASOMA

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

Mu kiniga ni amarira menshi, uyu mubyeyi akomeza asaba ubuyobozi ni imiryango nterankunga ku mugoboka, hato umwana atamunyura mu myanya y’intoki.

Iribagiza wibatutse abana batanu avuga ko kuri ubu asigaranye abana babiri gusa, kuko abana batatu bitabye Imana biturutse ku burwayi.

Iribagiza Marie Claire washakanye na Sanzirazose Jean d’Amour avuga ko bose batunzwe no guca inshuro, ndetse ko iyo batabonye aho baca ikiraka umuryango wose uburara, ni mu gihe avuga ko umuryango ubushobozi bwawushizeho bavuza uyu mwana  wabo witwa Dushimimana Theoneste.

Habimana Aoron, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Nyundo avuga ko iki kibazo cy’uyu mubyeyi atarakimugezaho, ariko akamusaba ko niba nta bushobozi afite yakwegera Umurenge bakamufasha mu bushobozi buke buhari.

Ati “Ibibazo by’uwo mubyeyi twarabimenye, nyuma y’uko bibaye bakabanza kubigira ibanga we ni umuturanyi bakiyunga ariko bamaze kubona ko umwana yagize ikibazo gikomeye nibwo babimenyesheje Ubuyobozi bw’Akagari. Iby’uko adafite ubushobozi bwo kwivuza ntabwo tubizi ariko ubwo nimbi ntabwo afite azaze atubwire tumufashe mu bushobozi buke bw’Umurenge  umwana avurwe.”

Niyibizi uvugwaho kwangiriza uyu mwana kuri ubu afungiye kuri RIB Sitasiyo ya Kanama.

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023
1.4k
HOME

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In