Friday, March 24, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Rubavu:Ubuyobozi bwahanganye n’ibihuha ku rukingo rwa Covid-19

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/12/30
in HOME, AMAKURU
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Kuva icyorezo cya Covid-19 cyaduka, hagiye hatangazwa amakuru y’ibihuha byatumaga bamwe mu baturage bagira imyumvire itandukanye mu kwirinda iki cyorezo. Amwe mu makuru yavugwaga yibandaga ku rukingo rwa Covid-19.

Kwikingiza ni bumwe mu buryo bwo gukumira ubwandu bushya no kwirinda ko gikomeza gushegesha benshi mu baturwanda, gusa hari bamwe bagiye bakwirakwiza ibihuha ko umuturage ufashe urukingo bimugiraho ingaruka mu mibereho ye y’ahazaza harimo kutabasha gutera akabariro ku bagabo, kurwaragurika bya hato na hato abanda bakavuga ko ari uburozi bwo kwica abantu bwazanywe n’abazungu n’ibindi byinshi bitandukanye.

IZINDI NKURU WASOMA

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu baganiriye n’itsinda ry’abanyamakuru bibumbiye muri ABASIRWA, bavuze ko ibi bihuha hari abo byagiye bibuza kwikingiza gusa ngo uko Leta yongeraga ubukangurambaga byagiye bibatinyura bituma bikingiza.

Ndayambaje Theoneste yagize ati:“Ibihuha byarazaga bakavuga ngo ziriya nkingo iyo umuntu arwiteje ngo arazahara, ngo agacika intege umubiri wose ntiyongere gukora no kugenda mbese akamera nk’umurwayi, ibyo bihuha byose byabagaho mbere yo kwikingiza.”

Ndayambaje yakomeje avuga ko we icyatumye batinyuka bakajya kwikingiza ngo ni ubukangurambaga bwakozwe n’abayobozi bakitangaho ingero ah obo ubwabo babanzaga kwikingiza babona ko za nkingo ntacyo zabatwara, yavuze ko nawe amaze kwikingiza ngo yakomeje gukora ibikorwa bye by’iterambere bitandukanye na bya bihuha yavugaga.

Rusine Celestin ukora umwuga wo kogosha yavuze ko bo ibihuha bari bafite ari uko inkingo zari zije guhuhura abakuze zikanabuza kubyara abakiri bato mu rwego rwo kuringaniza imbyaro abaturage bakabyara bake bashoboye kurera.

Zagabintwari Emmanuel yavuze ko benshi mu baturanyi be batinyaga kwikingiza ngo kuko bumvaga nibikingiza batazongera kubyara, yavuze ko we yaje kwikingiza nyuma yo kubona ko umukoresha we yikingije urukingo ntirugire icyo rumutwara.

Ati “ Kubera njye nkorera mu ruganda rwa Bralirwa turi mu bikingije mu ba mbere twese kandi baheraga ku bayobozi bacu, twe rero bahereye ku muyobozi wa Bralirwa bajya kumukingira natwe dukurikiraho nyuma rero twagize icyizere turikingiza abantu barabyara tubona byari ibihuha batubwiraga.”

Umuyobozi w’Ibitaro bya Gisenyi, Dr Tuganeyezu Oreste, avuga ko bakoze ubukangurambaga mu nzego zose bereka abaturage ko kwikingiza ntacyo bitwaye, ubu bukangurambaga ngo bwatumye imiryango isaga 20 yari yarahungiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo itahuka ibona ko urukingo ntacyo rutwaye.

Dr Tuganeyezu yanavuze ko byanabaye ngombwa ko bamwe mu bayobozi bakingirirwa imbere y’abaturage kugira ngo babereke ko gufata urukingo ntacyo bitwaye.

Mu Karere ka Rubavu abakingiwe doze ya mbere ni 387 777, doze ya kabiri ni 334 350 mu gihe urukingo rwa gatatu kuri ubu abamaze kuyifata ari 167 104, urukingo rwa kane kuri ubu rumaze gufatwa n’abaturage 8 871 gusa imibare ikaba igikomeje kwiyongera kuko izi nkingo zose zigitangwa.

Ni inkuru mwateguriwe na Ibendendera.com ku bufatanye n’ishyirahamwe ry’abanyamakuru baharanira kurwanya Sida mu Rwanda ABASIRWA.

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k
HOME

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

Kigali : Le CICR s’engage à respecter ses principes fondamentaux

March 10, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In