Friday, March 24, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home AMAKURU

Rulindo: Ababyeyi barashima leta igiye gukingira abana COVID-19

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/09/24
in AMAKURU, HANZE
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap


Mu gihe abana bari hagati y’imyaka 5 na 11 bitegura guhabwa urukingo rwa Covid-19 aho bazarufatira ku mashuri yabo, ababyeyi barashimira Leta y’u Rwanda kuba yaratekereje gukingira abana babo.

 

IZINDI NKURU WASOMA

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

 

Munganyinka Beatrice umubyeyi utuye mu karere ka Rulindo mu Murenge wa Shyorongi avuga ko bashimira leta kuba yaratekereje igikorwa cyiza cyo gukingira abana

Agira ati:” Mfite abana 2 uw’imyaka 7 n’uw’5 bazahabwa urukingo rwa Covid 19 bakazarufatira ku kigo cy’amashuri cya G S Musenyi, ndashimira leta y’u Rwanda kuba yaratekereje ku bantu bakuru none ikaba yibutse n’abana bacu, amakuru y’iki gikorwa nigeze kuyumvaho ariko sinari nabisobanukiwe neza, niteguye kuzabakingiza kandi ndahamagarira n’abandi kuzakingiza abana babo”.

Munganyinka Beatrice umubyeyi utuye mu karere ka Rulindo mu Murenge wa Shyorongi

MANISHIMWE Fidele nawe ni umubyeyi uvuga ko atari azi ko icyo gikorwa gihari ariko akaba agiye gutegura abana be kugira ngo batazacikanwa.

Agira ati:” Mbimenyeye aha ni wowe ubimbwiye, mfite abana 2 bose bo mur’iyo myaka ubu ngiye kubategura kugira ngo batazacikanwa kuko nange narakingiwe kandi nta ngaruka nigeze ngira”.

MANISHIMWE Fidele

Mukakayumba Vestine nawe avuga ko nyuma yo kumenya amakuru agiye gutegura abana be kugira ngo nabo bazakingirwe.

Agira ati:” Ndi umubyeyi w’abana 2 biga mu mashuri abanza, umwe yiga mu mwaka wa 4 undi yiga mu mwaka wa 2, icyi gikorwa ni cyiza gusa si nari nkizi kuko, ubu nibwo amakuru atugezeho ariko ngiye gutegura abana kuko urukingo ruzabarinda indwara maze bagire ubuzima bwiza”.

 

Mukakayumba Vestine

Ku ruhande rw’abana Umutoni Sonia umwe mu bana twaganiriye avuga ko asaba abana bagenzi be kuzikingiza kugira ngo batazarwara.

Agira ati:” Niga mu mwaka wa 1 mu mashuri yisumbuye, amakuru yo gukingirwa ntayo nari mfite kuko ntabwo ababyeyi barayambwira,ndasaba abana bazikingize kuko urushinge ntiruryana ahubwo rutuma umuntu atarwara.

 

Umutoni Sonia umwe mu bana twaganiriye

Umuyobozi ushinzwe uburezi mu Karere ka Rulindo NUWAYO Denys avuga ko kugeza ubu imyiteguro haba ku babyeyi ndetse n’amashuri azakorerwamo icyi gikorwa biteguye neza.

Agira ati:” Ni igikorwa kizabera mu bigo by’amashuri 107 yo mu karere ka Rulindo, tumaze iminsi twitegura kandi turizera ko bizagenda neza, twagiye dukora inama tunatanga ubutumwa haba ku babyeyi n’abarimu nk’abazaba bari ahazabera igikorwa twarabaganirije kugeza ubu twiteguye neza”.

Umuvugizi w’Ikigo k’igihugu gishinzwe ubuzima mu Rwanda (RBC) MAHORO NIYINGABIRA Julien avuga ko iyi gahunda igamije kubungabunga ubuzima bw’abana nk’imbaraga z’igihugu cy’ejo hazaza.

Agira ati:” Nyuma yo gukingira abantu bakuru ubu hatahiwe abana nk’imbaraga z’igihugu z’ejo hazaza, urukingo tuzabaha rutangwa mu byiciro 2 aho bagiye guhabwa dose ya mbere hanyuma bakazahabwa iya 2 itangwa nyuma y’ibyumweru 3 kugeza ku 8, turasaba ababyeyi babo kuzabafasha kugira ngo batazacikanwa n’aya mahirwe”.

MAHORO NIYINGABIRA Julien,Umuvugizi w’Ikigo k’igihugu gishinzwe ubuzima mu Rwanda (RBC)

Amakuru dukesha urubuga rw’Ishami rya Loni ryita ku bana (UNICEF) mu Rwanda avuga ko icyorezo cya Covid-19 cyahungabanyije ubuzima bw’abana n’imiryango yabo akaba ariyo mpamvu Unicef irimo gukorana n’impuguke ndetse na leta kugira ngo icyi cyorezo gicike burundu binyuze mu babyeyi, abarezi n’abarimu ibaha ubufasha bwizewe mu gufasha abana gukomeza kugira ubuzima bwiza, biga kandi barinzwe.

Gukingira abana Covid-19 ni igikorwa kireba abana bari hagati y’imyaka 5 na 11 kikazatangira kuwa 3 Ukwakira 2022 aho bazakingirirwa ku mashuri yabo bakazahabwa urukingo rwa P-fizer nyuma yo guhabwa uburenganzira n’ababyeyi babo cyangwa undi ubarera binyuze mu nyandiko iriho umukono.

Kugeza ubu imibare dukesha RBC igaragaza ko mu bantu 132488 banduye covid-19 mu Rwanda kugeza ku itariki ya 18 Nzeri 2022 abana bafite hagati y’imyaka 5 na 11 bari 4358 ni ukuvuga 3,3% by’abanduye bose bikaba byitezweho ko muri icyi cyiciro cya mbere hazakingirwa abana basaga 478000 aho umwana umwe azahabwa mikorogarame/dose 10.

Ibigo by’amashuri bizatangirwamo uru rukingo byarateguwe

 

Anaclet NTIRUSHWA, Ibendera.com  

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k
HOME

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

Kigali : Le CICR s’engage à respecter ses principes fondamentaux

March 10, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In