Friday, March 24, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Rwamagana: Abayobozi barasabwa kudakebaguza mu kurwanya ruswa

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/12/09
in HOME, AMAKURU
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko muri Minisiteri y’ubutabera mu Rwanda, Nyirahabimana Soline ubwo yasozaga icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa mu Karere ka Rwamagana yasabye abayobozi kurwanya ruswa bashize amanga bakareka kubikora bakebaguza.

Ibi byagarutsweho kur’uyu wa 9 Ukuboza 2022 aho mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y’iburasirazuba hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wo kurwanya ruswa uba buri mwaka tariki ya 9 Ukuboza.

IZINDI NKURU WASOMA

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

Ibyimanikora Aline, Umuturage

Ibyimanikora Aline umwe mu baturage twasanze i Rwamagana avuga ko kuba ruswa idacika biterwa n’abayobozi batanga serivisi mbi ku baturage kandi bamwe mur’abo baturage batajijutse neza ku buryo batanga amakuru agasanga uyu muco nibawureka ndetse n’abaturage bagatinyuka kujya batanga amakuru na ruswa izacika.

Murangira Abdulaziz nawe ni umuturage akaba avuga ko ruswa izacika ariko bigizwemo uruhare mbere na mbere n’abayobozi kuko aribo bayisaba.

Murangira Abdulaziz, Umuturage

Agira ati:”Abaturage ubwabo ni abantu bahora bitinya, kuba yatinyuka gutanga amakuru ya ruswa arabitinya avuga ko umuyobozi yamuhemukira, ikindi kubera imikorere mibi y’inzego z’ibanze no gusiragiza umuturage bisaba ko yibwiriza agatanga ruswa kugira ngo ahabwe serivisi, ikindi numva hakwiriye kongera ubukangurambaga mu baturage bagakangurirwa kuyirwanya”.

Umukuru w’Intara y’iburasirazuba CG Emmanuel GASANA we avuga ko ari isoni n’ikimwaro kuba hakivugwa ruswa mu nzego z’ibanze avuga ariko ko yahagurukiwe aho binyuze mu nama no mu mugoroba w’ababyeyi biyemeje kuzajya batanga ubutumwa mu baturage bugamije kuyirwanya.

Umukuru w’Intara y’iburasirazuba CG Emmanuel GASANA

 

Umuvunyi mukuru Madame NIRERE Madeleine avuga ko ikigero cyo gutanga amakuru mu kurwanya ruswa kikiri hasi akaba asaba buri wese kubigira ibye, Agira ati:”Birakwiye ko abaturage barushaho kugira uruhare mu kurwanya ruswa batanga amakuru haba ku bayobozi cyangwa no ku wundi muntu wese”.

Asoza asaba abatanga serivisi mu nzego z’ibanze nukuvuga ku mudugudu, ku Kagali, mu Murengeno mu Karere no hejuru kongeremo ingufu kandi bagatanga serivisi nziza kuko utazabikora azahanwa, asaba kandi abantu gutiyuka bakajya batanga amakuru kuri ruswa kubera ko ngo utanze amakuru agirwa ibanga kandi akarindwa.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko muri Minisiteri y’ubutabera mu Rwanda, Nyirahabimana Soline ari nawe wari umushyitsi mukuru muri icyi gikorwa yavuze ko uru ari urugamba rureba bose.

Agira ati:” Urugamba rwo kurwanya ruswa ni urugamba rureba abantu bose nukuvuga abaturage batanga amakuru aho igaragaye hose ndetse kandi ni n’urugamba rureba abayobozi kuko nibo bayaka, iyo umuturage aje gusaba serivisi ukamusiragiza cyangwa ukamusaba kwibwiriza uba ukora amakosa kandi ntabwo umuturage twifuza kugeza ku isonga twahamugeza dukora gutya”.

Asoza agira ati:” Uru ni urugamba tugomba kurwana nk’uko izindi tuzirwana kandi ntitugomba kugoheka tutararutsinda, abayobozi ntidukwiye gukebaguza mu kurwanya ruswa”.

Ubushakashatsi bwagaragajwe n’urwego rw’Imiyoborere mu Rwanda RGB mur’uyu mwaka wa 2022 bugaragaza ko ikigero cy’abatse ruswa kigera kuri 29 naho mu bantu babajijwe barenga 4600 bakaba baravuze ko 97% aribo bahawe serivisi badatanze ruswa naho 3% akaba aribo batswe ruswa bakanayitanga.

Uyu munsi u Rwanda ni urwa 52 ku isi mu kurwanya ruswa rukaba urwa 5 muri Afurika rukaba urwa mbere muri Afrika y’iburasirazuba, rukaba rufite gahunda y’uko mu mwaka wa 2024 rugomba kuba rugeze ku kigero cya 96,5 rurwanya ruswa no kuza mu myanya ya mbere ku isi mu kurwanya ruswa mu mwa wa 2050 .

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k
HOME

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

Kigali : Le CICR s’engage à respecter ses principes fondamentaux

March 10, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In