Friday, September 22, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Rwanda: Bamwe mu banyamakuru batangiye kurivamo kubera ubukene buribamo

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2023/03/10
in HOME, AMAKURU
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Umunyamakuru Byiringiro Jean Elysee wanyuze mu bitangazamakuru binyuranye bya hano mu Rwanda birimo Radio Isango star na City Radio yamaze kureka Itangazamakuru kubera ubukene buribamo agana iy’ubuhinzi mu mushinga yise “Avoka Iwawe”.

Uyu munyamakuru aganira na Ibendera.com yavuze ko yafashe icyemezo cyo kuva mu Itangazamakuru kubera ubukene buribamo akigira mu buhinzi aho agiye gutangirira mu mushinga yise Avoka Iwawe.

IZINDI NKURU WASOMA

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

Byiringiro avuga ko uyu ari umushinga uje kunganira Leta gukemura ikibazo cy’ihenda rya Avoka ku isoko, kurwanya igwingira ry’abana, kurwanya indwara zitandura no guha ifaranga kuwemeye kuyitererwa iwe mu rugo mugihe izaba yeze.

Byiringiro Jean Elysee usanzwe ari umunyamakuru hano mu Rwanda avuga ko uyu mushinga wa  Avoka  Iwawe,  yawuhisemo  kubera  ihenda rya avoka ku isoko, guhangana n’igwingira ry’abana batabona, gusubiza ikibazo cy’imbuto zidahagije zo kurwanya indwara zitandura zibasiye abakuru n’abakuze no kongerera agaciro igihingwa cya Avoka.

Aganira na ibendera.com Byiringiro yagize ati:“ Ubu Avoka irahenze kubera ko iri kurwanirwa na benshi ku isoko kandi ntaho iri kuva, byagera ku isoko ry’amahoteri, amashuri n’ibigo ugasanga bari kuzicuranwa, uyu mushinga rero uje gusubiza no gukemura ibi bibazo”.

Byiringiro Jean Elysee werekeje mu buhinzi avuye mu Itangazamakuru

Ku bijyanye naho ubushobozi bwo gukora uyu munshinga buzava, Byiringiro avuga ko Uyu mushinga ushyizwe ahagaragara, ukaba ugitegereje abaterankunga batandukanye yaba Leta ndetse n’undi wese wabishaka kugira ngo ushyirwa mu bikorwa kuko ari umushinga uzafasha abanyarwanda b’ingeri zitandukanye.

Akomeza avuga ko nabona abamutera inkunga uyu mushinga, azawutangirira mu mujyi wa Kigali, akarere ka Nyarugenge mu murenge wa Kigali, umurenge wa Mageragere n’uwa Kanyinya, ibi biti bikazajya biterwa mu rugo rw’umuturage mugihe abishaka, kandi kigaterwa ahatazabangamira ibikorwa remezo byaba ibya Leta cyangwa iby’umuturage .

Asoza avuga ko nyuma yo guhinga avoka bizamufasha kubona ibyo yazifashisha mu gihe azaba ashinze uruganda rutunganya ibikomoka kuri avoka birimo imiti, amavuta yo kwisiga n’amasabune naho ibishishwa n’ibisigazwa by’avoka  bikazakorwamo ibyo kurya by’amatungo.

Uyu Byiringiro Jean Elysee akaba avuga ko yahisemo kwigira mu buhinzi nyuma y’imyaka myinshi ari mu itangazamakuru ariko iterambere rikaba ryaranze kubera ubukene buba mur’uyu mwuga.

Uyu avuye mu itangazamakuru kubera ubukene buribamo kandi bwarishinzemo imizi nyuma y’abandi banyamakuru batandukanye bagiye barivamo bakigira hanze nka Horaho Axel na Kalisa Bruno Taifa bahoze bakorera Radio Fine Fm n’abandi,….

Aha kandi ntitwakirengagiza abanyamakuru nka Dieudonné Niyodushima na Alexis Musabirema bahoze bakorera Flash Fm nabo bavuye mur’uyu mwuga bakigira mu buhinzi .

Ibibazo by’ubukene no kudahabwa agaciro k’abakora itangazamakuru mu Rwanda bikomeje gushinga imizi aho bamwe bakomeje gucika intege no kwishakira izindi nzira.

Byiringiro Jean Elysee yari asanzwe ari umunyamakuru mu Rwanda akaba yarakoreye ibitangazamakuru bitandukanye birimo Radio Isango Star, Radio Sana, City Radio, Ikinyamakuru Izuba rirashe cya The Newtimes, Rushyashya na Gasabo, kuri ubu akaba  yarafite ikinyamakuru cye cyitwa Indatwa.

 

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023
1.4k
HOME

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Urubyiruko rubarizwa mu ishyaka rya DGPR rurasabwa kugira intego ihamye

September 17, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Hashyizweho umurongo wo gukemura ibibazo by’abana bahohoterwa

September 17, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In