Sunday, March 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home AMAKURU

Ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka ku rugero rwa 6.7% muri 2023- Dr Uziel NDAGIJIMANA

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/08/20
in AMAKURU, MU RWANDA
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Minisitiri w’Imali n’igenamigambi mu Rwanda Dr Uzziel Ndagijimana avuga ko ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka ku kigero cya 67% mu mwaka wa 2023.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana ni we wagejeje ku Nteko uyu mushinga w’Ingengo y’Imari, uzagirwamo uruhare na Leta ku rugero rungana na 80.5%, inkunga z’amahanga zikazaba zingana na 19.5%.

IZINDI NKURU WASOMA

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

Ku bijyanye n’uburyo amafaranga azakoreshwa, Dr Ndagijimana avuga ko Ingengo y’Imari isanzwe iziharira miliyari 2,585 na miliyoni 100Frw (ahwanye na 55.4%), naho azakoreshwa mu mishinga y’Iterambere akazaba angana na miliyari 2,073 na miliyoni 300 Frw (ahwanye na 44.6%).

Dr Ndagijimana avuga ko hazabaho kwihutisha iterambere ry’ubukungu budaheza, cyane cyane mu kongera umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi, kongerera ubushobozi abikorera, kurengera ibidukikije, gushaka ingufu z’amashanyarazi no kuzikwirakwiza.

Avuga ko Ingengo y’Imari u Rwanda ruzakoresha muri uyu mwaka utaha wa 2022/2023, irarutaho 5% iy’umwaka ushize wa 2021/2022 kuko yanganaga na miliyari 4,440 na miliyoni 600Frw.

Avuga ko hazabaho gushaka amacumbi aciriritse, kwimura abantu mu manegeka, kubaka imihanda ya kaburimbo hamwe no gukomeza kubaka Ikibuga cy’Indege cya Bugesera.

Mu bijyanye n’imibereho myiza y’Abaturage ngo hazabaho gusana imiyoboro y’amazi no kubaka imishya, kubaka no guteza imbere ibikorwa by’uburezi n’ubuvuzi, ndetse hakazabaho guha umwihariko ibijyanye no gutunganya imyanda n’ibishingwe.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi ati “Hari ukubaka ibimoteri byakira kandi bigatunganya imyanda mu Mujyi wa Kigali, ndetse no kubaka inganda zitunganya imyanda mu bice bitandukanye by’Igihugu.”

Icyakora ntabwo hagaragajwe ingengo y’Imari izakoreshwa muri iyi gahunda, bivugwa ko imyanda n’ibishingwe biva mu mijyi itandukanye y’u Rwanda, bishobora kuvamo gazi yo gutwara imodoka.

Dr Ndagijimana avuga ko hari n’amafaranga azashyirwa muri VUP yo gufasha abatishoboye, hazabaho kongera amarerero rusange, gufasha abahuye n’ibiza, gufasha mu gutanga serivisi nziza, kongera ubumenyi no gutanga ikoranabuhanga, kubika amakuru y’irangamimerere hamwe no kwihutisha imanza zatinze kuburanishwa.

Minisitiri Ndagijimana avuga ko kugeza amashanyarazi ku baturage hirya no hino mu gihugu bizatwara miliyari 14 na miliyoni 200Frw, kubaka ku mugezi wa Muvumba urugomero rw’amazi azakoreshwa mu kuhira imyaka n’amatungo no gutanga amashanyarazi, bizatwara Amafaranga y’u Rwanda miliyari 29 na miliyoni 200Frw.

Avuga ko umushinga wo kurwanya igwingira mu bana wagenewe miliyari 10 na miliyoni 700, hamwe n’uwo gutanga ibiribwa bikungahaye ku ntungamubiri ku bana, ababyeyi batwite n’abonsa wagenewe miliyari 11Frw.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi avuga ko muri rusange ubukungu bw’u Rwanda buzazamuka ku rugero rwa 6.7% muri 2023, ndetse no kuri 7% muri 2024.

Umushinga w’Ingengo y’Imari y’uyu mwaka utaha wemejwe n’Abadepite 63 muri 68 bitabiriye Inteko rusange, kuri uyu wa Kane tariki 23 Kamena 2022.

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023
1.4k
HOME

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In