Sunday, March 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

Ubunyamaswa, Abantu 2 bakurikiranyweho kwica umugabo bamutemaguye 

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/01/24
in NTIBISANZWE
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Mu karere ka Nyanza mu ntara y’Amajyepfo abagabo 2 bo mu Murenge wa Mukingo bakurikiranweho kugira uruhare mu kwica umugabo witwa Sindayigaya Ephron bamutemaguye.

Sindayigaya Ephron yari asanzwe atuye mu Mudugudu wa Kigarama mu Kagari ka Nkomero ho mu ntara y’Amajyepfo akaba yarishwe atemaguwe mu rukerera rwo ku itariki ya 21 Mutarama 2022 ubwo yari agiye kurema isoko ry’amatungo mu Karere ka Ruhango dore ko ngo yarasanzwe acuruza inka.

IZINDI NKURU WASOMA

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

Amakuru aturuka muri ako Kagari avuga ko Sindayigaya yahamagawe n’abandi bantu basanzwe bakorana na we ubucuruzi bw’inka ngo bajyane ku isoko nk’uko bisanzwe, akaza kicwa ari mu nzira agiye kubareba aho bari bamutegerereje.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukingo, Nkurikiyumukiza Jean Marie Vianney, yatangarije IGIHE ko umurambo wa Nyakwigendera wabonywe n’umuturage wari ugiye guhinga mu rukerera.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, avuga ko kugeza ubu hamaze gufatwa abantu babiri bakekwaho kugira uruhare mur’urwo rupfu.

Yasabye abaturage kwirinda ibyaha kandi uwagira amakuru kuri urwo rupfu akayageza ku nzego zibishinzwe. Bivugwa ko kur’icyi Cyumweru abaturage bo mu Kagari ka Nkomero bafashe undi mugabo bakekaho kugira uruhare mu kwica Sindayigaya Ephron kuko ngo bamusanganye bimwe mu bikoresho yari afite ubwo yicwaga bagahita bamushyikiriza ubuyobozi kugira ngo na we akurikiranwe.

Sindayigaya yishwe afite imyaka 48, yasize umugore n’abana, akaba yari umuhinzi usanzwe akora n’ubucuruzi bw’inka.

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023
1.4k
HOME

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In