Abantu bagera kuri 11 bo mu miryango ibiri yo mu ntara y’iburasirazuba bafatiwe mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Rwempasha, bavuga ko bari bagiye muri Uganda bahunga ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kubera kubakanguriye kwikingiza COVID-19.
Aba baturage umwe wo mu Karere ka Rwamagana, n’undi wo muri Ngoma bafashwe kuri iki Cyumweru tariki 9 Mutarama 2022 aho bavuze ko basengera mu Itorero ry’Abadivantiste b’Umunsi wa Karindwi rivuguruye.
Umunyamabanga Nshingwabikirwa w’Umurenge wa Kigabiro aba baturage bakomokamo, Muhigirwa David, yabwiye IGIHE dukesha iyi nkuru ko bafatiwe i Nyagatare aho bari bahunze kwikingiza COVID-19.
Yagize ati:’’Abo baturage kuri ubu baracyari mu Karere ka Nyagatare aho bafatiwe ariko turi kuvugana n’ubuyobozi bwaho kugira ngo bubohereze basubire mu miryango yabo, abafashwe ni abo mu miryango ibiri igizwe n’abantu 11 bari bagiye muri Uganda bahunga kwiteza urukingo rwa COVID-19’’.
Muhigirwa yavuze ko umuryango umwe ari wo ukomoka mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Kigabiro mu Kagari ka Cyanya undi ngo ukaba ukomoka mu Karere ka Ngoma mu Murenge wa Rurenge ahitwa i Kirwa ngo bakaba bari bamaze iminsi bombi basengana.
Uyu muyobozi yavuze ko nibagera muri Rwamagana bari buganirizwe, bakerekwa uburyo kwikingiza COVID-19 ntaho bihuriye n’imyemerere bafite.
Yavuze ko hari imiryango myinshi bajya bahura na yo iba itarikingije ku bufatanye n’abanyamadini batandukanye bakabigisha bikarangira bemeye kwingiza na n’ubu ngo bafite n’abandi baturage bakiri kwigisha.
Kugeza ubu Abanyarwanda 32 kuva ku itariki 3 Mutarama 2022 nibo bamaze gufatwa bashaka gutoroka igihugu kubera gahunda yo kwikingiza mu turere twa Rwamagana, Kayonza na Nyagatare ndetse n’abandi batanu bafashwe bava mu Karere ka Kicukiro ho mu mujyi wa Kigali bajya mu gihugu cya Uganda.