Sunday, September 24, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

Umubyeyi wasengeye munsi y’Akarere asaba ibiryo, ari mu basubijwe n’Imana binyuze muri Groupe iriba ry’ABAMBAJE 

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2021/12/27
in NTIBISANZWE
1
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Groupe yitwa IRIBA ry’ABAMBAJE yabahaye ibiryo n’imyambaro abantu 10 batishoboye mu rwego rwo kubifuriza Noheri nziza, TUYISENGE Cecile akaba ari umwe muri bo aho avuga ko amaze iminsi asengera munsi y’Akarere asaba Imana ibyo kurya.

Kur’uyu wa 24/12/2021 ababyeyi 30 bibumbiye muri Groupe izwi ku izina ry’IRIBA RY’ABAMBAJE yakoze igikorwa cy’urukundo cyo guha abatishoboye bagera ku 10 baturka mu midugudu inyuranye yo mu mujyi wa Kigali ibiryo n’imyambaro.

IZINDI NKURU WASOMA

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

Ni igikorwa cyatwaye amafranga asaga ibihumbi magana abiri na mirongo itanu (250.000frw), aho bamwe mu bahawe iyi mfashanyo bashimira Imana ndetse bakanashimira aba babyeyi babibutse bakifuza kubagaburira.

TUYISENGE Cecile ni umwe mu bahawe iyi mfashanyo akaba avuga ko byamukoze ku mutima nyuma y’uko yari amaze iminsi mu masengesho munsi y’Akarere asengera ibiryo.

Agira ati:”Icyi gikorwa ncyakiriye neza, ni Imana yabakoresheje nabo bakora iki gikorwa, Imana ibahe umugisha, baduhaye umuceri, ibishyimbo, kawunga amavuta n’imyambaro, ubu ndishimye cyane kuko gukorera Imana ni ibyambere. Imana yarambwiye iti ntuzaburara kuri Noheri,ntuzabura igikoma, ntuzabura amavuta ntuzabura icyo guha abana kandi uzambara, Imana yabimbwiye ejo bundi munsi y’akarere aho nasengeraga hamwe n’abo twasenganaga”.

Asoza agira ati:”Mbishimiye Imana yabikoze kandi aba babyeyi Imana ibafashe kandi natwe Imana idushyigikire tuzabashe gufasha abandi nk’uko aba babyeyi  uyu munsi babikoze”.

Naho HARELIMANA J. Paul nawe agira ati:” Aba bantu Imana ibafashe, nange ndifuza kuzageza igihe Imana ninteza imbere ngafasha abandi batishoboye, ubu ngiye kwishimana n’umuryango wange dusangira Noheri, ndashimira aba babyeyi igikorwa cyiza bakoze”.

Kayitesi Rose Umuyobozi wa Groupe iriba ry’ABAMBAJE ari nabo bakoze icyi gikorwa agira ati:”Icyi gikorwa twagiteguye tugendeye ku ijambo riboneka muri yeremiya 16:9 rigira riti:” Mumpamagarire abagore bazi kurira no kuboroga kandi baze bihuta cyane maze bahamagare na bagenzi babo kubera yuko umwanzi wabo yuririye mu madirishya akaza akadusenyera ingo”.

Agira ati:”Twasanze rero mur’iki gihe hariho ubukene, niyo mpamvu twahagurutse twishyira hamwe nk’abagore bakora imirimo y’urukundo dukora ibikorwa byo gusenga aho dusengera abantu bakihana tukanabafasha tubaha ibyo kurya no kwambara”.

Akomeza agira ati:”Twifuje gusangira nabo ibyo kurya no n’ibyo kwambara, tukaba twifuje no kubasengera kuko iyo twasenze Imana irakora kandi twizeye ko ejo nabo bazaza kudufasha gukora igikorwa cyo gufasha abandi”.

Ni umuryango umaze imyaka 3 nyuma yo gutangira ari abantu 3 ubu bakaba ari ababyeyi bamaze kuba abantu 30, bakora ibikorwa by’ivugabutumwa n’isanamitima, aho baba bagamije ko Imana yabo yishima, uyu munsi bakaba bafashije abantu 10 batishoboye batoranyijwe binyuze mu bufatanye n’abayobozi b’imidugudu aho buri muntu yahawe ibishyimbo, umuceri, akawunga, amavuta n’imyambaro byose bihwanye n’agaciro k’amafranga y’u Rwanda ibihumbi magana abiri na mirongo itanu, akaba ari igikorwa cyabereye mu Mudugudu wa Juru mu Murenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo.

 

KURIKIRA VIDEO HANO MAZE WIREBERE UKO BYAGENZE:

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023
1.4k
HOME

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Urubyiruko rubarizwa mu ishyaka rya DGPR rurasabwa kugira intego ihamye

September 17, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Hashyizweho umurongo wo gukemura ibibazo by’abana bahohoterwa

September 17, 2023
1.4k

Comments 1

  1. Pingback: Ngororero: Abahoze basengera mu ihema batashye urusengero rushimishije – IBENDERA.COM

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023

Kigali: Urubyiruko rubarizwa mu ishyaka rya DGPR rurasabwa kugira intego ihamye

September 17, 2023

Kigali: Hashyizweho umurongo wo gukemura ibibazo by’abana bahohoterwa

September 17, 2023

Hamenyekanye abahanzi bazataramira abantu mu gitaramo cyiswe”Tujyane Mwami”

September 14, 2023

Abafite ubumuga barasaba guhabwa agaciro mu rusengero

September 12, 2023

Ntibisanzwe! Perezida wa Amerika na Bagenzi be bagaragaye mu ruhame batambaye inkweto

September 11, 2023

Ngoma: Abaturage baritegura gutaha ikigo nderabuzima gishya 

September 10, 2023

Rulindo: Abantu bacukuye imva batwara ibihumbi 500Frw uwapfuye yashyinguranywe

September 9, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In