Umugabo witwa Arthur O Urso ukomoka mu gihugu cya Brazil yatangaje ko nyuma yo kurongora abagore 6 bose ababazwa no kuba bose bagira mu mihanga rimwe.
Umugabo wamamaye ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye akaba n’umunyamideri Arthur O Urso yatangaje ko yashakanye n’abagore 6 bose gusa avuga ko ikimubabaza aruko bose bagira mu gihe cy’ukwezi kw’imihango rimwe bigatuma iyo minsi yose ayimara ari mu bwigunge.
Uyu mugabo Urso , avuga ko iteka aba ashaka gushimisha abagore be ndetse no kubanezeza dore ko ngo yanabakodeshereje inzu kugira ngo buri wese abone umwanya uhagije.
Arthur n’umugore we wa mbere Luana bashakanye mu mwaka wa 2021 naho abandi baje gushakana nyuma aho ubukwe bw’abo bandi bwabereye muri kiliziya Gatolika.
Arthur yari afite abagore icyenda gusa bamwe baje kwahukana. Ubu uyu mugabo yakoresheje igitanda gifite amaguru 20 kugirango asinzire neza ari hamwe n’abagore be bose hamwe cyamutwaye amafaranga angana n’amayero £ 80.000 (miliyoni 81.54 yo muri Brasil) .
Ibi ngo byatwaye amezi 15 n’itsinda ryabantu 12 bo gukora icyo gitanda

Uyu mugabo yashakanye na Luana Kazaki w’imyaka 27, Emelly Souza w’imyaka 21, Valquíria Santos w’imyaka 24, Olinda Maria w’imyaka 51, Damiana w’imyaka 23 na Amanda Albuquerque w’imyaka 28.
Arthur avuga ko yifuza kubyarana n’abagore be bose kugira ngo hatazagira n’umwe muri bo “ubabara”.