Umugabo wo mu bwongereza witwa Leslie Southam w’imyaka 31 yatangaje ko isi izarangira mu myaka irindwi nukuvuga mu mwaka w’2028
Uyu mugabo Leslie Southam w’imyaka 31, ubusanzwe ngo atuye mu nzu yangiritse kandi ishaje akaba adakozwa ibyo kuyisana cyangwa kwimuka kuko ngo azi neza ko imperuka y’isi iri hafi cyane.
Leslie Southam, ukora isuku muri hoteri, abana n’ababyeyi be bageze mu zabukuru mu nzu yubakishijwe amatafari mu bilometero bike uvuye mu mujyi wa Llanelli (Wales).Avuga ko adashobora kwimuka, kuko yibwira ko ngo turi mu “minsi y’imperuka” mbere yuko Yesu Kristo agaruka ku isi .
Avuga ko ngo yizera ko coronavirus iri mu bimenyetso byerekana imperuka y’isi.
Aganira n’ikinyamakuru WalesOnline dukesha iyi nkuru, Leslie yagize ati: “Nkuko ibintu bigenda, ibi bizamara imyaka irindwi gusa. ”
Uyu mugabo ngo yibera mu nzu ishaje, ibisenge n’amadirishya byarasenyuka. Bivugwa ko ngo aha hantu bahatuye kuva mu myaka ya za 70, hakaba hari mu isambu y’umuryango we.
Inzu ye ni imwe mu mitungo 29 zari muri iyo sambu, gusa ubu ikaba iri mu nzu eshatu zisigaye muri iyo mitungo.
Nta yandi makuru atangazwa kur’uyu mugabo yaba ku ruhande rw’ubuzima cyangwa ku ruhande rw’imyemerere.