Monday, September 25, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

Umuganga yakatiwe gufungwa imyaka 10 azira gusambanya umurwayi wari muri koma

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2021/12/06
in NTIBISANZWE
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Umuforomo wo muri Leta ya Arizona muri Amerika yakatiwe gufungwa imyaka icumi azira gufata ku ngufu umurwayi yari ashinzwe kwitwaho, akamusambanya ubwo yarari muri koma ndetse bikaza kurangira bigaragaye ko yanamuteye inda.

Nathan Dorceus Sutherland w’imyaka 39 yakatiwe iki gihano kuri uyu wa Kane nyuma y’uko uyu muforomo wahoze akorera Phoenix’s Hacienda Healthcare yemeye uruhare rwe mu gufata ku ngufu no gutera inda umurwayi yari ashinzwe kwitaho wari muri koma.

IZINDI NKURU WASOMA

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

Uyu muforomo ngo namara no kurekurwa, urukiko rwategetse ko azakomeza gucungirwa hafi kandi akandikwa mu bitabo byandikwamo abanyabyaha bafashe ku ngufu baciye agahigo ko gukora ibikorwa bigayitse (by’ububwa).

Mu mwaka wa 2018 nibwo abakozi ba Phoenix’s Hacienda Healthcare batunguwe no kubona uwo mugore wari umaze igihe aharwariye, atwite kandi atabasha kuvuga. Nyuma yaje kubyara umwana w’umuhungu.

Sutherland wari ushinzwe kwita kuri uwo murwayi hagati ya 2012 na 2018 yatawe muri yombi nyuma y’ibizamini byerekanye ko afitanye isano n’umwana wavutse.

NBC yatangaje ko Sutherland yasabye imbabazi umurwayi yateye inda n’umuryango we kubw’ibyo yabakoreye.

Umurwayi Sutherland yateye inda yari amaze imyaka 26 mu bitaro, aho yagiye nyuma yo kugira ikibazo ku bwonko no kumugara byose byaturutse ku bibazo yagize bwa mbere abyara akaza kumara imyaka myinshi ari muri koma ari naho uyu muforomo yahereye amukorera icyi gikorwa kigayitse.

Ubwo byamaraga kugaragara ko uyu mugore atwite kandi yaramaze igihe kinini ari muri koma ubuyobozi bw’iri vuriro byategetse ko abakozi bose b’igitsina gabo bakorerwa  ikizamini cya ADN maze biza kurangira Sutherland ariwe ugaragaje ko afitanye isano y’amaraso n’uyu mwana ahita atabwa muri yombi.

Uyu muganga usanzwe ari se w’abana bane ashinjwa icyaha kimwe cyo gusambanya ku gahato ndetse n’ihohoterwa rikorerwa abantu bakuru.

Uyu mubyeyi w’imyaka 29 y’amavuko wasambanyijwe amazina ye ntiyashyizwe ahagaragara mu rwego rwo kurinda ubusugire n’icyubahiro cye gusa bivugwa ko icyi nacyo cyazaba bimwe mu bikomere bishobora kwiyongera ku bindi yari asanganwe bigafatanyiriza hamwe kumusonga no kumuzonga.

Umuvugizi wa polisi ya Phoenix, Tommy Thompson, yatangaje ko umwana yavuye mu bitaro kandi umuryango w’uyu mugore wavuze ko uzamwitaho.

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023
1.4k
HOME

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Urubyiruko rubarizwa mu ishyaka rya DGPR rurasabwa kugira intego ihamye

September 17, 2023
1.5k
HOME

Kigali: Hashyizweho umurongo wo gukemura ibibazo by’abana bahohoterwa

September 17, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Mu rukiko Kazungu yatanze umukoro ku mucamanza wamuburanishije

September 22, 2023

Eden Care, igisubizo mu kwivuza hakoreshejwe ikoranabuhanga

September 22, 2023

Kigali: Urubyiruko rubarizwa mu ishyaka rya DGPR rurasabwa kugira intego ihamye

September 17, 2023

Kigali: Hashyizweho umurongo wo gukemura ibibazo by’abana bahohoterwa

September 17, 2023

Hamenyekanye abahanzi bazataramira abantu mu gitaramo cyiswe”Tujyane Mwami”

September 14, 2023

Abafite ubumuga barasaba guhabwa agaciro mu rusengero

September 12, 2023

Ntibisanzwe! Perezida wa Amerika na Bagenzi be bagaragaye mu ruhame batambaye inkweto

September 11, 2023

Ngoma: Abaturage baritegura gutaha ikigo nderabuzima gishya 

September 10, 2023

Rulindo: Abantu bacukuye imva batwara ibihumbi 500Frw uwapfuye yashyinguranywe

September 9, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In