Friday, March 24, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

Sinteze gucika intege nubwo mbana n’ubumuga-Umuhanzi Ndayisaba Epimaque 

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2021/11/06
in NTIBISANZWE, IMYIDAGADURO
0
1.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Umuhanzi umenyerewe mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza lmana Epimaque avuga ko agenda ahura n’ibibazo ahanini bishingiye ku kuba afite ubumuga bwo kutabona amaranye imyaka irenga 17, gusa ngo ntibiteze kuzamuca imbaraga mu gukorera Imana abinyujije mu bihangano bye by’indirimbo dore ko ari umuhanzi umenyerewe mu itorero ry’Abadiventiste b’umunsi wa 7.

Uyu muhanzi mu kiganiro yagiranye na Ibendera.com avuga neza ko yatangiye kwandika indirimbo ye ya mbere yiga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye (S.3) aho ngo mbere yasubiragamo indirimbo z’abandi bahanzi akaziririmba mu bitaramo n’ahandi hatandukanye nko mu rusengero,..

IZINDI NKURU WASOMA

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

Igitangaje kuri Ndayisaba n’ubwo  afite ubumuga bwo kutabona ariko abasha gusoma kandi abasha no gucuranga gitari aho avuga neza ko n’ubwo afite ubumuga bwo kutabona ashima lmana cyane kubera imirimo Ikomeza kugenda imukorera itandukanye.

Uyu Ndayisaba Epimaque avuga neza ko ubumuga bwo kutabona bwaje afite imyaka 6 y’amavuko aho yarwaye amaso bisanzwe bakamujyana kwa muganga ariko bikaza kwanga ari naho yakuye ubumuga bwo kutabona.

Nubwo Ndayisaba yahuye n’icyo kibazo ntibyamubujije gukomeza amasomo dore ko amashuri abanza yayigiye i Gatagara mu Karere ka Nyanza  naho ayisumbuye (secondaire) ayigira i Gahini mu karere ka Kayonza naho kaminuza akaba yarayigiye  i Butare mu cyahoze ari Kaminuza y’u Rwanda.

Kuri we kandi avuga neza ko n’ubwo abana n’ubumuga kubyakira byamugoye ariko ubu akaba yaramaze kwiyakira.

Agira ati:” Ubwo nari ngeze muri kaminuza nahuye n’abandi ndetse bazi umuziki kundusha ntangira kujya muri studio ariho nakoreye indirimbo yange ya mbere yitwa INSHUTI ikaba iri no kuri YouTube channel yange yitwa Ndayisaba Epimaque tv”.

Akomeza agira ati:”Byari bingoye ku rwego rwo hejuru, kubera ko ahanini nabikoraga ku bwo kubikunda nkigomwa, nkisiga ubusa byose mbikorera gukunda umuziki nkabivanga no kwiga”.

Kur’ubu Ndayisaba akaba amaze kugira imizingo y’indirimbo (Album) 4 aho indirimbo yibuka ari 40 izo zikaba zikoze neza zikaba zigizwe n’izigaragara 15 izindi zikaba ari iz’amajwi gusa.

Yongeraho ko abantu babishoboye bamuba hafi dore ko ngo akeneye imbaraga zirenze izo afite kugira ngo azamure ibihangano bye, aho avuga neza ko n’ubwo nta nyungu igaragara arabona mu byo akora ariko ngo hari aho izo ndirimbo zagiye zimufasha mu buryo bwo kumuzanira imigisha ituruka ku Mana ndetse bikaba bituma abantu bafashwa nazo.

NDAYISABA Epimaque asoza atanga inama ku babyeyi aho abasaba gutanga ubureze burambye ku bana bahura n’ikibazo cy’ubumuga bwo kutabona.

Niba ushaka kumuvugisha, ugamije kumuha inama n’ubundi bufasha wamubona ku mbuga ze akoresha  nka Facebook cyangwa  ukamubona kuri whastapp ukoresheje iyi numero 0788763343.

Ndayisaba Epimaque ni Umuhanzi wamenyekanye ku ndirimbo nka SI NJYE WAHERA, NIWE n’izindi zitandukanye.

BYUKUSENGE Theophile

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k
HOME

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

Kigali : Le CICR s’engage à respecter ses principes fondamentaux

March 10, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In