Umunyamakuru witwa Jimmy shukrani Bakomera ukorera Ijwi ry’Amerika mu ishami ry’ikirundi n’ikinyarwanda yatawe muri yombi akaba avugwaho gukorana na M23 aho yahise ajyanwa gufungirwa muri kasho y’iperereza mu mujyi wa Goma.
Amakuru agera ku Ibendera.com avuga ko Jimmy Shukrani Bakomera yafatiwe i Karuba muri Teritwari ya Masisi kuri uyu wa kane tariki 16 Gashyantare 2023.
Inzego z’iperereza muri Congo zivuga ko uyu munyamakuru akorana n’umutwe wa M23.
Umwe mu banyamakuru ukorera mu Mujyi wa Goma yabwiye Umuseke dukesha iyi nkuru ko ibishinjwa mugenzi wabo ari ibihimbano.
Avuga ko Jimmy Shukrani ku wa Kane yagiye i Karuba gutara inkuru ijyanye n’iyandikwa ry’abazitabira amatora muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Ni igikorwa cyatangiye mu burasirazuba bwa Congo kuri uyu wa kane tariki 16 Gashyantare 2023.
Agira ati: “Kugeza ubu Ntiyemerewe kuvugana n’abantu, abeshyerwa gukorana na M23.”
Ku mbuga nkoranyambaga, abanyamakuru bakorera muri Kivu y’Amajyaruguru bakomeje kwamagana ifungwa rya mugenzi wabo, bavuga ko bigamije gucecekesha itangazamakuru ku mugaragaro.
Bagaragaza ko kuva intambara yaduka hagati ya Leta n’umutwe wa M23 abanyamakuru bahohoterwa n’uruhande rwa Leta abandi bagafungwa bazira amaherere.
Bavuga ko umunyamakuru uhirahiye akavuga ibyo igisirikare kidashaka ahimbirwa gukorana na M23 akisanga muri gereza.
Radiyo Ijwi ry’ Amerika ntacyo biratangaza ku ifungwa rye.