Tuesday, October 3, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Umushumba mukuru wa ADEPR, Past Isaie aravugwaho gukorera iyicarubozo umupasiteri

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2023/08/03
in HOME, AMAKURU
0
1.8k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Rev Pasiteri Ntakirutimana Theoneste, yandikiye Umushumba mukuru wa ADEPR Pasiteri Ndayizeye isae amubwira ko atesheje agaciro ibaruwa yamwandikiye amuhagarika ku mirimo ya Gishumba aho yamubwiye ko atariwe wamuhaye uwo murimo kandi ko Amuciye akazakomeza kuyobora ari Igicibwa

Urwandiko Pasiteri Theoneste Ntakirutimana  yandikiye Umushumba mukuru wa ADEPR tariki ya 2 Kanama 2023,  amumenyesha ko atesheje agaciro ibaruwa yamwandikiye tariki ya 21 Nyakanga 2023 amubwira ko amwambuye inshingano za Gishumba., iyi baruwa Theoneste yayiteye utwatsi maze amumenyesha ko atariwe wamuhaye umurimo wa Gishumba nk’uko  bigaragara mur’iyi baruwa ndetse avuga ko akomeje kumukorera ibikorwa by’iyicarubozo no kumubuza umudendezo we.

Muri uru rwandiko Pasiteri Theoneste yabanje kumenyesha Pasiteri Isae ko atariwe wamuhaye inkoni y’Ubushumba ko ahubwo uyu murimo yawuhawe n’Imana bityo ko ngo nta bubasha afite bwo kuwumwambura.

Inkuru dukesha rubanda ivuga ko mu bindi Pasiteri Theoneste yandikiye Pasiteri Isae, yamubwiye ko akurikije ububasha ahabwa n’uwamuhamagariye uyu murimo wa Gishumba,  amuciye kandi ko azakomeza kuyobora ari Igicibwa.

Pasiteri Theoneste yagize ati:”Nshingiye kandi ku bubasha mpabwa n’uwampamagariye uyu murimo wa Gishumba, Ndaguciye uzakomeza kuyobora uri Igicibwa kugeza igihe Uwiteka azashyiriraho  ugusimbura uzatunganya  neza umurimo we.”

Pasiteri Theoneste, muri urwo rwandiko yanishinganishije aho avuga ko akorerwa ihohoterwa n’umuvugizi wa ADEPR ariwe Pasiteri Isae NDAYIZEYE, amusaba kurekeraho kumubuza umudendezo we.

Twashatse kumenya icyo Pasiteri Ndayizeye avuga kuri uru rwandiko, ariko ntabwo byadukundiye kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru gusa tukaba dukomeje kubakurikiranira iby’iyi nkuru.

Pasiteri Ndayizeye isae ntavuga rumwe na Past Ntakirutimana

Past Ntakirutimana Theoneste ni umupasiteri ubarizwa muri Paroise ya Gasave muri ADEPR Ururembo rwa Kigali, kugeza ubu hakaba hataramenyekana icyaba cyaratumwe we n’umuvugizi wa ADEPR ariwe Past NDAYIZEYE Isaie bashyamirana kugeza kur’uru rwego.

Ibi kandi ntibyari biherutse kubaho mur’iri Torero rya ADEPR ryakunze kuvugwamo ibibazo bamwe bakavuha ko ryahoze ar’iry’umwuka ariko ubu rikaba ryarabaye iry’ibibazo.

Facebook Comments Box

IZINDI NKURU WASOMA

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

Related Posts

HOME

Abahanzi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana bungutse umuhanzi mushya uzanye imbaraga zidasanzwe

October 3, 2023
1.4k
HOME

Burundi: Kubera Big Fizzo abarundi barakariye The Ben ari ku rubyiniro

October 2, 2023
1.4k
AMAKURU

Nyanza: Umusore yiyahuriye muri kasho

October 2, 2023
1.4k
HOME

Pasiteri yongwe yafunzwe, akurikiranweho ibyaha bifitanye isano n’uburiganya

October 2, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In