Saturday, March 25, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home AMAKURU

Umushyikirano18: Minisiteri y’ibikorwa remezo yanenzwe mu ruhame kuba batereriyo

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2023/02/27
in AMAKURU
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Perezida Kagame mu ruhame yanenze Minisiteri y’Ibikorwa remezo aho yavuze ko iri muri Minisiteri zidakurikirana ibyo zishinzwe kuba zikora ndetse ngo harimo n’abayobozi batinya gukurikirana abo bashinzwe kuyobora kandi ngo ibi bimaze imyaka myinshi.

Ni kur’uyu wa mbere aho i Kigali hatangiye inama y’umushyikirano ku nshuro ya 18, Perezida Kagame akaba yanenze abayobozi badakora neza inshingano zabo ariko akaba yashyize akitso kuri Minisiteri y’ibikorwa remezo aho yavuze ko iyi Minisiteri ari batereriyo.

IZINDI NKURU WASOMA

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Avuga ko iyi Minisiteri idakurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibyo ishinzwe kuba ikora.

Agira ati:”Ni imwe muri Minisiteri ifite cya kibazo nakomeje kugarukaho cyo kudakurikirana ibikorwa, iyi Minisiteri iragifite kuva imyaka myinshi, bimaze igihe kirekire nubu kiracyahari”.

Akomeza agira ati:”Ndabibwira ushinzwe iby’ibikorwa remezo ariko gukurikirana ibikorwa remezo uko bikwiriye kuba bikorwa nicyo mushinzwe,icyo cyaha baragifite, bagikemure vuba na bwangu”.

Asoza agira ati:” Nta mpamvu, nta bisobanuro, bamwe bakavuga ngo ntabwo bari babizi, ntabwo warubizi kandi aribyo ushinzwe kubera iki? abantu batinya n’abo bakurikirana? Iyo bigezaho ababishinzwe bage babwira abantu ikibazo icyo aricyo tubishakire abandi babikora ariko urahendahenda wananirwa n’umwe ugashaka undi, nawe akaba uko, ni byiza ko batubwiye ko imibare y’abantu yiyongera wenda tuzagenda duhitamo abo twakoresha, ndabivuga kandi biraza kugira ingaruka kandi ntibiributinde”.

Perezida Kagame avuga ibi nyuma y’uko hirya no hino abaturage bakomeje kuvuga ko bagira ibibazo byo kudahabwa imihanda, amazi n’umuriro kandi rimwe na rimwe bimwe mur’ibi bikorwa remezo harimo n’ibyo Perezida Kagame aba yaremereye abaturage ariko ishyirwa mu bikorwa rikaba ikibazo.

Urugero ni nk’umuhanda uhuza Kigali-Nyabyondo- Rulindo-Gakenke abaturage bavuga ko bemerewe na Perezida Kagame mu mwaka wa 2017 ariko kugeza na nubu bakaba barategereje baraheba.

Ikindi ni nk’abaturage bavuga ko basigaye bagorwa no guhabwa amashanyarazi aho ngo usanga basaba umuriro ariko bagategereza bagaheba kandi ntibabwirwe n’impamvu badahabwa umuriro cyangwa se ngo bahabwe uburenganzira bigurire ibikoresho, ibintu bihuye neza neza n’ibibazo byashinze imizi mu butaka aho usanga abaturage bahendwa na zimwe muri serivisi zirimo ihererekanyabubasha no gupimisha ubutaka aho usanga iyo abantu bapimisha ubutaka bacibwa amafaranga ibihumbi 70 nukuvuga ibihumbi mirongo itatu na bitanu ku muntu ugura n’andi nkayo ku muntu ugurisha, ugasanga bavuga ko aya mafaranga ari menshi kandi ikindi ngo serivisi nazo ubwazo zitihute.

Kuva tariki ya 31/01/2022 kugeza uyu munsi Minisiteri y’ibikorwa remezo mu Rwanda iyobowe na Dr. Ernest Nsabimana wahawe kuyobora iyi Minisiteri asimbuye Amb. Claver Gatete woherejwe kuba ambasaderi w’u Rwanda mu muryango w’Abibumbye.

Ni mu nama y’umushyikirano yatangiye kur’uyu wa mbere tariki 27 ikaba igomba kuzarangira ku munsi w’ejo tariki 28 Gashyantare 2023 ikaba iri kubera i Kigali mu Rwanda aho yatangijwe ku mugaragaro na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Dr. Ernest Nsabimana, Minisitiri w’Ibikorwa Remezo

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In