Sunday, March 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

Umwana w’umukobwa aratabaza nyuma yo kujombwa ibiti mu gitsina hakaba harimo kubora

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/01/18
in NTIBISANZWE
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Ibintu bikomeje gufata intera itari nziza ku mwangavu wo mu Murenge wa Maraba mu Karere ka Huye wajombwe ibiti mu gitsina akangizwa akaba asaba ubuyobozi kugira ngo bumufashe kwivuza kuko ubuzima bwe buri mu kaga.

Uyu mukobwa utashyize amazina ye hanze ari mu kigero cy’imyaka 19 y’amavuko, akaba asanzwe abana na nyina mu Mudugudu wa Nyarusange mu Kagari ka Kabuye ho mu ntara y’Amajyepfo.

IZINDI NKURU WASOMA

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Ibi byo guhohoterwa k’uyu mwana avuga ko byamubayeho muri Nyakanga 2020 ubwo yahohoterwaga n’abasore bakamusambanya barangiza bakamujomba ibiti mu gitsina.

Avuga ko nyuma yo guhohoterwa yajyanywe kwa muganga ariko kugeza n’ubu akaba abona ntacyo bitanga kuko ngo ahabwa ubuvuzi bucagase.

Agira ati: “Mu myanya myibarukiro yanjye hakomeje kubora kandi maze umwaka wose nivuza kuko n’ubu nari mfite gahunda yo kujya kubagwa ariko ngezeyo [kuri CHUB] barambwira ngo ntahe bazantumaho.”

Umubyeyi w’uyu mwangavu, yabwiye IGIHE ko nyuma yo kumwangiza yatangiye kumuvuza kugeza n’ubu ariko bikaba byarabateye ubukene ku buryo no kumubonera ibyo kurya bimugora, agasaba ubuyobozi kubagoboka, kubera ko uretse n’ubuzima bwe ngo no kwiga byarahagaze.

Uyu mubyeyi usanzwe abarizwa mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe avuga ko aho atuye atabanye neza n’imiryango y’abakekwaho guhohotera umukobwa we ngo kuko bahora bamuhiga ngo yabafungishirije abana.

Umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kankesha Annonciata, yavuze ko ikibazo cy’uyu mwangavu bakizi, bakaba bagiye gushaka uko yakwitabwaho agahabwa ubuvuzi bwuzuye ndetse n’imibereho ye n’umuryango we ikitabwaho.

Ati “Ni umwana umaze igihe kinini yarahohotewe ageze ku rwego atakibasha gukurikiranwa n’abaganga ba hano ku Bitaro bya Kabutare, yoherejwe kuri CHUB. Maze iminsi mvugana n’abaganga bamukurikirana kuko yarahohotewe yangizwa cyane imyanya myibarukiro.”

Asoza agita ati:“Turi kuvugana ku buryo badukorera raporo hari umufatanyabikorwa uyishaka ku buryo yamwishingira tukamuvuza neza kugeza akize.”

Nyuma yo guhohoterwa k’uyu mwangavu, abakekwaho icyo cyaha bahise bacika ariko umwe aza gufatirwa mu Mujyi wa Kigali muri 2020 undi  afatirwa mu Karere ka Ngoma muri 2021 kur’ubu bombi bakaba bafunze ariko ngo ntibaraburanisha ibintu umuryango w’uyu mwangavu usaba ko byakwihutishwa .

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In