Sunday, March 26, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home IMYIDAGADURO

Urubanza rwa “Prince Kid” rukomeje kwibazwaho byinshi, ati nafatiwe ku karubanda abandi bati tujye mu muhezo

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/05/14
in IMYIDAGADURO
0
1.4k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Ubushinjacyaha bwasabye ko uru rubanza rushyirwa mu muhezo mu gihe uregwa ariwe ISHIMWE Dieudonne n’umwunganira bo bashakaga ko rubunanishirizwa ku mugaragaro gusa icyemezo cyabo cyatewe utwatsi, umucamanza yanzura ko rubera mu muhezo

 

IZINDI NKURU WASOMA

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

Urubanza rwa Prince Kid rwimuriwe itariki

Mu gitondo kur’uyu wa 5 urubanza rwatangiye aho ISHIMWE Dieudonne yari yambaye ikote ry’Umukara n’ipantaro y’umukara n’inkweto z’umukara.

Mbere yo gutangira kuburanisha urubanza, uhagarariye Ubushinjacyaha yahise asaba ijambo maze agaragaza impungenge asaba ko urubanza rwabera mu muhezo.

Mu cyumba cy’iburanisha hari harimo abantu benshi biganjemo abanyamakuru bakurikirana bya hafi inkuru z’ubutabera.

Umushinjacyaha yavuze ko urubanza rwabera mu muhezo ku mpamvu z’umutekano w’abatangabuhamya n’impamvu z’abahohotewe.

Ishimwe yabajijwe niba hari icyo abivugaho, asaba ko rutabera mu muhezo kuko n’ifatwa rye ryabereye ku karubanda kandi n’ibyo akurikiranyweho byatangajwe.

Yagaragaje ko kuba hari abatangabuhamya bafite impungenge na we yakabaye afite uburenganzira mu rubanza kugira ngo ibivugwa byose bimenyekane nkuko na we ibyo aregwa byose biri ku karubanda.

Umwunganira na we yagaragaje ko ibyo Ubushinjacyaha bwagaragaje busaba ko urubanza rubera mu muhezo babyita ko ari mu nyungu z’abahohotewe, atari ko babibona.

Yasabye ko urubanza rutabera mu muhezo kubera ko impamvu Ubushinjacyaha butanga nta shingiro zikwiye guhabwa kuko uwo yunganira n’ubundi afunze.

Yagaragaje ko kugeza ubu kuba Ishimwe Dieudonné agifunze nta bubasha yagira ku birebana n’abafitiwe impungenge n’Ubushinjacyaha.

Nyuma yo kumva impande zombi, Umucamanza yavuze ko hashingiwe ku kuba uru rubanza rurimo ingingo zishobora kubangamira uburere mbonezabupfura rukwiye kubera mu muhezo bityo asaba abari mu cyumba cy’iburanisha gusohoka iburanisha rigakomeza.

Ibihe by’ingenzi byaranze umunsi wa kabiri w’urubanza rwa Prince Kid:

Ni urubanza rwagaragaye nk’urwakaniwe cyane kubera ukuntu Umutekano wari wakajijwe bidasanzwe dore ko yaba imbere mu rukiko haba inyuma no hanze y’urukiko abashinzwe umutekano bagaragara bitewe n’imyambaro y’akazi bari benshi.

Uhereye ku marembo y’urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro, hari hari abashinzwe umutekano babiri kandi bafite imbunda no ku ruzitiro rw’urukiko, ni ukuvuga ku butaka bw’urukiko hari abandi impande n’impande.

Kandi abo ni abagaragaraga bitewe n’imyenda y’akazi n’imbunda bari bafite. Urukiko rukaba rwakomereje mu muhezo nukuvuga ko yaba abo mu muryango w’uregwa, yaba itangazamakuru bose bahise bashyirwa hanze.

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023
1.5k
HOME

Urubanza rwa Prince Kid rwimuriwe itariki

March 9, 2023
1.4k
HOME

Umuhanzi Mico the Best yafunzwe, menya icyo yazize

March 6, 2023
1.5k
HOME

Umuhanzikazi Knowless yibarutse umwana wa 3

March 4, 2023
1.5k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In