Monday, March 27, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home AMAKURU

Uwari Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda akimara kwirukanwa ahise abona akazi keza

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/08/02
in AMAKURU
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Uwari Minisitiri w’Ubucuruzi n’inganda,Beata HABYARIMANA nyuma yo kuvanwa muri Guverinoma y’u Rwanda yahise abona undi mwanya ukomeye wo kuyobora BK Group PLC.

Kuwa Gatandatu w’icyumweru gishize tariki 30 Nyakanga 2022, nibwo Perezida Paul Kagame yagize Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze, Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda akaba yaraje asimbura HABYARIMANA Uwamaliza Beatha waruwumazeho igihe gisaga umwaka n’igice kuko yinjiyemo kuwa ku wa 15 Werurwe 2021 .

HABYARIMANA Beatha akaba kuri uyu wa Mbere tariki 01 Kanama 2022 aribwo ubuyobozi bwa BK Group PLC bwatangaje ko yagizwe Umuyobozi Mukuru w’isosiyete ya BK Group PLC isanzwe ibarizwamo ibigo binyuranye birimo na Banki ya Kigali.

IZINDI NKURU WASOMA

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya BK Group PLC, Marc Holtzman yavuze ko biteze byinshi kuri Beata Uwamaliza Habyarimana wagizwe Umuyobozi Mukuru w’iyi sosiyete ya BK Group PLC.

Uyu muyobozi yagize ati:“Imiyoborere ye n’ubunararibonye bye bwagutse mu rwego rw’imari bizadufasha kwihutisha intego yacu.”

HABYARIMANA Uwamaliza Beatha ni muntu ki?

Beatha HABYARIMANA ni umunyapolitike akaba n’umwekonomisite (économiste) w’umunyarwanda akaba afite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor) mu by’imari yakuye muri kaminuza y’u Rwanda, afite kandi impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya Masters mu by’ubukungu yakuye muri kaminuza ya Maastricht yo mu Buholandi.
Beata ni umuhanga mu by’ubukungu ufite uburambe burengeje imyaka 15 mu bijyanye n’imari kuko mbere yo kuba Minisitiri yakoraga nk’umuyobozi wungirije muri Banki ya Afurika.

Yakoze kandi muri Agaseke Bank nk’umuyobozi mukuru, yanakoze muri Banki y’abaturage y’u Rwanda (BPR) mu myanya ikomeye kandi inyuranye.

HABYARIMANA UWAMALIZA Beatha

Uyu yavukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bitewe n’akazi ababyeyi be bakoraga [bakoraga muri Ambasade y’u Rwanda muri icyo gihugu] akaba yarabaye mu bihugu bitandukanye birimo Amerika, u Bubiligi, n’u Burusiya, ibyo bikaba byaratumye igice kimwe cy’amashuri ye akiga mu Bubiligi, ikindi akiga mu Rwanda aho yize i Kanombe, naho amashuri yisumbuye yayize muri Economic Rwamagana (Groupe Scolaire St Aloys Rwamagana).

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023
1.4k
HOME

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In