Saturday, March 25, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE

Kigali: Umuriro watse mu muryango bapfa ko umugore yagiye gusenga atambaye ikariso

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2023/02/27
in NTIBISANZWE, AMAKURU
0
2.2k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Umugore uvuga ko we n’umugabo we batuye muri Kigali aravuga ko ubu atamerewe neza mu rugo rwe akaba avuga ko umugabo araye azamwirenza bapfuye ko ngo yagiye gusenga atambaye ikariso nyamara we ngo yabikoze kubera ubusirimu.

Uyu mugore wanditse ku mbuga nkoranyambaga asaba inama agira ati:”Mu by’ukuri umugabo wanjye tumaranye imyaka itanu, dutuye muri Kigali, tukaba dufitanye umwana umwe, turi abakirisitu, gusa umugabo wanjye abyinjiramo cyane kuko we aba afite akanya gahagije cyane ko kujya mu byumba by’amasengesho, guterana ku mibyizi, ariko njye kubera akazi ntabwo biba byoroshye”.

IZINDI NKURU WASOMA

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

Akomeza agira ati:”Haciyemo ibyumweru bibiri tutumvikana kubera imyenda nari nambaye ubwo najyaga gusenga, nabonaga kwambara ikariso atari ngombwa kubera ko numvaga impambiriye cyane kandi inantera ubushyuhe cyane, bityo mbona gushyiramo n’indi myenda y’imbere byambangamira”.

Uyu mugore akomeza agira ati:” Umugabo wange yakomeje kumbwira ko ibyo nakoze bitabaho, ngo nta mubyeyi wakagombye kuva mu rugo atambaye ikariso, ngo bitangiye kumwereka uwo ndiwe, mbese intambara yavutse tuvuye gusenga, kuko nikuyemo andeba mbona akubiswe n’inkuba abonye ntayo nambaye, mbese yambwiye amagambo mabi, ngo ibyo nakoze bikorwa na malaya, ngo ni ubwibone, ngo ni imico y’indaya ziba zishaka ko amabuno agenda abebera, mbese ni byinshi”.

Uyu mugore asoza avuga ko akeneye ubufasha agira ati:” Ubu nge n’umugabo wange twarashwanye, hashize ibyumweru bibiri atampindukirira mu buriri, nanjye naramuretse mu gihe avuga ko mfite amadayimoni yankoresheje ibyo none hashize iminsi ibiri ambwiye ko hari abanyamasengesho bazaza iwacu kuharara ku wa Gatanu, ngo bakansengera maze ngo ubuyobe ndimo bukamvamo, gusa namubwiye ko nta kanya mfite, rwose nanzuye ko bazaza nkajya mu buriri nkiryamira, none byanyobeye icyo gukora kuko urugo rwange rurimo kugana mu marembera”.

Gusa ariko ku rundi ruhande uyu mugore agira ati:”Njyewe hari n’ibyo mbona nkumva binanteye umujinya, hari n’ibyo umuntu ashobora kuvuga bamwe bakamwita umushizi w’isoni cyangwa se ikirara ariko hari igihe abagabo nabo bamera nk’abagore pe, bakinjira mu tuntu tudafite n’aho tuganisha umuryango kuko nge ibi mbona byari n’ubusirimu ariko mungire inama”.

Ibi bije mu gihe hirya no hino ingo zikomeje gusenyuka bamwe bakavuga ko abagore batacyumva ndetse ntibubahe abagabo babo mu gihe ku rundi ruhande abagore bo bavuga ko kwitwara uko bashaka aruburenganzira bwabo cyane ko ngo ari uburinganire.

 

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k
HOME

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Kayonza: umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho Yako karere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

Birababaje, Ubugome bukomeje gufata indi Ntera mu Rwanda

March 13, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In