Monday, March 27, 2023
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Ntibisanzwe! Hagiye kwifashishwa Musenyeri mu kumenya umubare w’indaya ziba i Rubavu

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2022/12/29
in HOME, NTIBISANZWE
0
4.6k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Bwana Ildephonse KAMBOGO avuga ko nta mubare w’indaya ziba mur’aka Karere uzwi, akaba avuga ko yamaze kuvugana na Musenyeri bakazahamagaza abakora uburaya bagamije kubaha Noheri n’umwaka Mushya hanyuma bakanababara kugira ngo bamenyekane.

Kur’uyu wa gatatu tariki 28/12/2022 Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu aganira na bamwe mu banyamakuru yabajijwe niba hari umubare w’indaya zikorera mur’aka karere uzwi, asubiza ko utazwi ariko avuga ko hari uburyo uwo mubare uzamenyekana ndetse vuba.

IZINDI NKURU WASOMA

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

Agira ati:” Uwo mubare ntabwo tuwuzi ariko nahoze ndeba mu Karere ka Rusizi Musenyeri yazihamagaye aziha Noheri, nabajije Moyor nti ese waba waruzi umubare w’indaya zihaba ati reka da, ubwo rero nanjye ngiye kwifashisha Musenyeri kugira ngo ndebe niba twamenya uwo mubare”.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Ildephonse KAMBOGO

Umuyobozi w’Akarere akomeza avuga ko yamaze kuvugana na Musenyeri kur’iyi gahunda ariko yirinze kwemeza niba ibiganiro yagiranye na Musenyeri byaba byemejwe cyangwa bitemejwe.

Uyu muyobozi avuga ko mur’icyi gikorwa uzaza wese azabarwa nk’indaya ari naho hazaherwa hakorwa ubukangurambaga bwo kuzihamagarira kuba zareka uwo mwuga w’uburaya zikerekeza mu mirimo imwe n’imwe yatuma zitera imbere.

Kugeza ubu ntihagaragazwa neza imibare y’abakora uburaya, rimwe na rimwe bamwe mu bayobozi bakavuga ko hari n’izivuga ko zaburetse ariko ejo cyangwa ejo bundi zikabigarukamo bitewe ahanini n’imibereho mibi cyangwa n’izindi mbogamizi zitandukanye.

Niyo mpamvu  kuwa 19/11/2022,ubwo yagarukaga kur’icyi kibazo,Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo mu iterambere ry’Igihugu GMO (Gender Monitoring Office), Rwabuhihi Rose yavuze ko hakwiriye kubaho ubufatanye mu kubaka umuryango mwiza ari naho hazava umuti urambye wo guca umuco w’uburaya.

Avuga kandi ko nk’uko hari abajya mu buraya biturutse ku makimbirane yo mu ngo, nibikorwa gutyo ngo bizatanga umusaruro mwiza.

Ni mu gihe mu mugi wa Kigali no mu turere tuwukikije habarurwa abazwi bakora uburaya barenga 7000 bakaba bose ari ab’igitsina gore gusa, bisobanuye ko ufashe iyi mibare ukongeraho iyo hirya no hino mu Ntara ndetse ugashyiraho n’abagabo bakorana ubwo buraya iyi mibare ishobora kwikuba kenshi cyane.

 

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023
1.4k
HOME

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023
1.4k
HOME

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023
1.4k
HOME

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Ikibazo cy’ubuharike ni kimwe mu bibazo byugarije abari n’abategarugori bagize ibyago byo kwandura virus itera SIDA

March 26, 2023

Kayonza: Umuyobozi w’akarere yagaragarije itangazamakuru uko ishusho y’Akarere ihagaze

March 25, 2023

Kigali: Bamwe mu bagore bavuga ko bagihura n’ikibazo cyo guharikwa n’abo bashakanye

March 22, 2023

Abanyarwanda barakangurirwa gutura mu mijyi mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’ubucucike

March 22, 2023

Umukobwa yahuye n’akaga azira kwiyongeresha amabuno

March 21, 2023

Birababaje: Ruhango,Umubiri w’umuntu umaze imyaka 9 mu biro by’Akagari udashyinguye

March 16, 2023

Ntibisanzwe! Umukobwa mwiza yaciwe amamiliyoni kubera kubenga

March 15, 2023

Ifoto y’Umunyamakuru Phil Peter yateye benshi gushimira Imana kubera uko imeze

March 15, 2023

Rwanda: Abarimu barabyinira ku rukoma, Abanyamakuru bicira isazi mu maso

March 14, 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • AMAKURU
    • MU RWANDA
    • HANZE
  • NTIBISANZWE
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • IYOBOKAMANA
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In