Ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye hagaragaye umugabo witwa Mohammed Semanda wo mu gihugu cya Ghana washyingiranwe n’abagore batatu icyarimwe mu bukwe budasanzwe.
Uyu mugabo w’imyaka 50 y’amavuko yavuze ko abagore be bazi ko adahagaze neza mu bijyanye n’amafaranga ariko bose ngo bemeye kurongorwa nawe kubera urukundo.
Uyu musaza w’imyaka 50 yongeyeho ko abo bagore badafuhirana kandi ngo bazi ko azakora cyane kugira ngo abashyigikire.
Agira ati: “Abagore banjye ntibagira ishyari, buri wese afite urugo kandi nabasezeranyije gukora cyane no kubatera inkunga”.
Ikinyamakuru pamakiopress.rw kivuga ko Uyu mugabo w’imyaka 50 yarongoye abagore 3 icyarimwe …
Aba bagore be bazwi ku mazina ya Salmat Naluwugge w’imyaka 48, Jameo Nakayiza w’imyaka 27 na Mastulah Namwanje w’imyaka 24, bose bakaba bari bishimye cyane mur’uwo muhango.
Igishimishije kurusha ibindi ni uko, Naluwagge yari yarashyingiranwe na Mohammed mu myaka 20 ishize, ibi rero bikaba byabaye nko kuvugurura umubano wabo. Aba bombi kandi ngo bafitanye abana batanu hamwe.